• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bunamira kandi bashyira indabo ahiciwe abana basaga 100
03/05/26
Itangazo ryo guhinduza amazina ya Nyiracumi Theodosie
03/05/26
Karama-Kwibuka32: Kuba muriho uyu munsi ni igihamya cy’uko umwijima utigeze uzimya Urumuri rwanyu-Zacharie/Ibuka
03/05/26
Karama-Kwibuka32: Iyo twaje Kwibuka tuba twaje guhamya amateka yacu nk’Abanyarwanda-Alice Kayitesi

Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga

Umwanditsi
July 2, 2025

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 02 Nyakanga 2025 mu Mudugudu wa Nyagasozi, Akagari ka Kabuga, Umurenge wa Ngamba hafatiwe abasore babiri bakekwaho ubujura, aho bari batwaye ingurube bibye bakayibagira ku gasozi mbere yo kujya kuyigurisha.

Amakuru bamwe mu baturage b’aho iri tungo ryibiwe bahaye intyoza.com ni uko nyiraryo akimara kubona ko ingurube ye yabuze, yahise atanga amakuru arahererekanywa kugera mu buyobozi, batangira guhiga irengero ryayo ariko bayibona abayibye bamaze kuyibaga bagiye gushaka abaguzi.

Abatawe muri yombi ni; Kamana Jean Marie Vianney w’imyaka 17 y’amavuko hamwe na Niyitegeka Jean D’Amour w’imyaka 25 y’amavuko, bose bakaba batuye mu Mudugudu wa Nyagasozi.

Munyakazi Epimaque, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba yabwiye umunyamakuru ko amakuru bayamenye bayabwiwe n’abaturage bagahita batangira gushakisha, aho ku bufatanye bw’Abaturage, Inzego z’ibanze, DASSO hamwe n’Inkeragutabara bafashe abakekwa ariko bagasanga itungo bamaze kuryica, baribaze.

Bafatanywe igihanga.

Abakekwaho ubu bujura bakaba banafatanywe igihanga bahise bajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi na RIB iherereye mu Murenge wa Rukoma ari nabo bashinzwe Ngamba, mu gihe nyiri ukwibwa yagiriwe inama yo guhita ajya gutanga ikirego.
intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5956 Posts

Politiki

4204 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga