• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma
19/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB
19/08/25
Kamonyi-GIMI Ltd: Bishimiye ibyo bagezeho bagaragaza uruhare bafite mu iterambere ry’Umuturage
19/08/25
Kamonyi-Rugalika: Abasoje amasomo muri Gifts Rwanda bahawe igishoro kibafasha kwihangira umurimo

Kamonyi: Abadepite babajijwe impamvu basura abaturage bakabizeza ibikorwa amaso agahera mu kirere

Umwanditsi
March 13, 2018

Intumwa za rubanda zatangiye urugendo mu Karere ka Kamonyi kuri uyu wa kabiri tariki 13 Werurwe 2018, barasura ibikorwa binyuranye bakaganira n’abaturage. Itsinda ryagiye mu Murenge wa Kayumbu ryabajijwe n’abaturage impamvu baza bakabasura ariko ibyo babijeje amaso agahera mu kirere bategereje.

Itsinda ry’intumwa za rubanda ryagiye mu Murenge wa Kayumbu basura ibikorwa bitandukanye by’amajyambere ariko kandi banaganira n’abaturage. Mu kuganira n’abaturage, izi ntumwa za rubanda zabajijwe impamvu iyo basuye abaturage babizeza ibikorwa runaka bizakorwa ariko ngo abaturage amaso agahera mu kirere babitegereje.

Ndagijimana Theoneste, umwe mu baturage wabajije izi ntumwa za rubanda yagize ati ” Mukunda kuza ino ahangaha cyane, ariko hari byinshi mudusezeranya nti bicemo( nti bikorwe), nk’ubu ngubu tugiye kongera kubatora, nta mazi tugira aha ngaha, turacyavoma amazi yo mu kabande, nibura ibyo mwatwijeje bigere mu kwa munani byarangiye.”

Abaturage babaza ibibazo, basaba inama ku ntumwa za rubanda.

Uyu muturage, ikibazo yakizamuye ashingiye ahanini ku muhanda, amazi n’ umuriro bavuga ko bijejwe n’intumwa za rubanda ubwo zihaheruka muri uyu murenge ariko ngo uyu munsi bakaba ntabyo babona. Mu kuza kw’izi ntumwa za rubanda umwe mu baje yari kumwe n’itsinda ryabijeje ubuvugizi mu kubona ibyo bazibutsaga.

Depite Karenzi Theoneste ari kumwe na mugenzi we Depite Mukandamage Thacienne yasubije ikibazo cy’uyu muturage agira ati ” Iyo tuje hano tukamenya ikibazo, ntabwo ariko giahobora guhita kibonerwa igisubizo, cyane cyane ikibazo gikeneye ingengo y’imari, gikeneye amafaranga.”

Hon. Karenzi Theoneste imbere y’abaturage abaganiriza.

Akomeza agira ati” Ubushobozi bw’Akarere, ubushobozi bw’Igihugu ntabwo ari ubushobozi budashobora gushira, haba hari ibikorwa byinshi bikeneye amafaranga, ibikorwa byinshi byihutirwa, ibintu ntabwo bishobora gukorerwa rimwe, icyangombwa ni uko ikintu kiba cyamenyakanye, kigashyirwa kuri gahunda amafaranga yazaboneka kigakorwa, ibisubizo birahari.”

Izi ntumwa za rubanda, zijeje abaturage ko ibisubizo by’ibibazo bibaza biri mu nzira, ko nk’ikibazo cy’ikigo nderabuzima gikemukana n’umwaka utaha w’ingengo y’imari utangirabmu kwezi kwa karindwi, umuriro nawo ngo amasezerano hagati y’Akarere n’ikigo gishinzwe gutanga umuriro ngo yamaze gusinywa hasigaye ko Akarere kishyura amashanyarazi akaza. Kuba rero ngo bitarakozwe igihe izi ntumwa zihaheruka ngo si uko bitazakorwa ahubwo ngo ni uko haba hari ibindi bikorwa byihutirwa kandi byose bikeneye amafaranga.

Hon. Thacienne Mukandamage.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5846 Posts

Politiki

4097 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1004 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga