• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Imbwa zifashishwa na Polisi mu gutahura ibiyobyabwenge, zatahuye urumogi mu nzu y’umuturage

Umwanditsi
April 23, 2018

Imbwa za Polisi zishinzwe kureha ibiyobyabwenge, ku itariki ya 22 Mata 2018 zatahuye urumogi mu nzu y’umuturage witwa Hakizimana Evariste w’imyaka 33 wo mu kagari ka Kinazi mu Murenge wa Nyamugali mu karere ka Kirehe.

Ibi bikaba byakozwe mu mugambi Polisi y’u Rwanda yihaye wo gukumira no kurwanya ibiyobyabwenge, ibi bikorwa byo gutahura ibiyobyabwenge bikaba biri kubera mu turere twa Kirehe na Ngoma, bikaba byari biteganyijwe ko bimara iminsi itatu.

Muri iki gikorwa cyo gusaka no gutahura ibiyobyabwenge hifashishijwe imbwa kiri kubera muri utu turere, mu karere ka Ngoma naho hafatiwe ibiro 21 by’urumogi, hanafatwa abantu batanu (5) babikwirakwizaga mu baturage.

Abafashwe bose bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri utwo turere.

Umuyobozi w’umusigire wa Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kirehe Chief Inspector of Police (CIP), Elie Bugingo, yavuze ati:”Nyuma y’aho mu nzu ya Hakizimana haketswe ko harimo ibiyobyabwenge, twoherejemo izi mbwa zifashishwa na Polisi mu kubishakisha, nyuma y’amasegonda make koko ihita ibihatahura.”

Yasabye abaturage kudashora amafaranga yabo mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge cyangwa ubundi bucuruzi butemewe n’amategeko, ahubwo bakayashora mu bibafitiye akamaro kandi bibateza imbere.

Yavuze ati:”Polisi y’u Rwanda yashyizeho ingamba zigamije gukumira no kurwanya ibiyobyabwenge. Ikoreshwa ry’izi mbwa za Polisi zireha ibiyobyabwenge ni imwe muri izo ngamba. Ikindi kandi ifatwa rya Hakizimana ryagakwiye guha ubutumwa abandi bantu bose bumva bagishaka kwishora mu biyobyabwenge bakabivamo kugirango batikururira gukurikiranwa no guhanwa n’amategeko.”

CIP Bugingo yavuze ko gukoresha no gucuruza ibiyobyabwenge ari icyaha gihanwa n’amategeko y’u Rwanda, kandi ko Polisi y’u Rwanda itakwihanganira abashyira mu kaga ubuzima bw’abaturage.

Aha yavuze ati:”Twe nk’abashinzwe kureba uko amategeko ashyirwa mu bikorwa, ntitwakwihanganira kubona ubuzima bw’abaturage bacu cyane cyane urubyiruko bujya mu kaga kubera ibiyobyabwenge. Niyo mpamvu dusaba buri wese kuduha amakuru kugirango ubyishoramo cyangwa ubicuruza afatwe ashyikirizwe ubutabera.”

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe imbwa zifashishwa mu gutahura ibiyobyabwenge n’ibisasu biturika (Canine brigade) Senior Superintendent of Police (SSP) Fabien Musinguzi, yavuze ko kugeza ubu iri shami rifite imbwa 91 zatojwe neza gutahura ibiyobyabwenge n’ibisasu biturika.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga