• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Nyaruguru-Nyagisozi: Kudasuzuma imihigo yo kurwanya ihohotera bituma ridacika

Umwanditsi
August 16, 2018

Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Nyagisozi, Akarere ka Nyaruguru, bahamya ko ihohoterwa rikorerwa mu muryango rikigaragara hirya no hino. Ko ndetse bamwe bahura n’ingaruka zaryo umunsi ku munsi. Aba baturage, bavuga ko kimwe mu bituma ritarwanywa uko bikwiye ngo rishire ari ukuba hadashyirwa imbaraga mu isuzumwa ry’imihigo yo kurirwanya binyuze mu ikaye y’imihigo ya buri rugo.

Abaturage b’Umurenge wa Nyagisozi, Akarere ka Nyaruguru bavuga ko hirya no hino mu miryango hacyumvikana abahura n’ihohoterwa. Ko kuba ritaranduka burundu bishingiye akanini ku kuba imihigo yo kurirwanya binyuze mu ikayi y’Imihigo ya buri rugo idakurikiranwa ngo bahige bazi ko bazabazwa uko bayihiguye nkuko indi bigenda.

Faustin Sekamana, ari mu kigero cy’imyaka isaga 70 y’amavuko, avuga ko kugira ikayi y’imihigo y’umuryango irimo umuhigo wo kurwanya ihohoterwa bidahagije. Ko hakwiye uburyo buri rugo, buri muryango babazwa uko uyu muhigo bawesheje nk’uko mu yindi mihigo yose ababishinzwe baza kureba uko yeshejwe.

Agira kandi ati“ Nibyo koko ihohoterwa rirahari. Kugira uyu muhigo mu ikaye y’imihigo y’urugo ni byiza cyane! Gusa ntabwo bigomba kugarukira ku kuba wanditse, bikwiye no gukurikiranwa, buri rugo rukabazwa uko rwawesheje. Bizafasha benshi kuko buri wese azumva ko noneho bigiye mubyo agomba kujya abazwa nk’uko mu yindi bigenda”.

Abagore bahamya ko bagihura n’ihohoterwa ahanini bagirirwa n’abagabo.

Undi mubyeyi mu Murenge wa Nyagisozi wemeza ko ihohoterwa rihari, avuga ko nubwo bagira ikayi y’imihigo y’umuryango ariko ngo ntabwo ajya abona habaho gukurikirana iyeswa ry’umuhigo wo kurwanya ihohoterwa nkuko bikorwa ku mihigo y’indi. asaba ko aha hashyirwamo imbaraga nk’izishyirwa mu kurwanya ikibi cyose cyangwa ibindi binyuranije n’amategeko.

Rugero Vianney wo mu Kagari ka Maraba, Umurenge wa Nyagisozi agira ati “ Guhiga ku kurwanya ihohoterwa, bikwiye gukorwa nibura umugore n’umugabo bakicara bakavuga bati uyu mwaka turagiha ko tuzawurangiza nta hohotera rigaragaye mu rugo. Hanyuma umwaka warangira bakanareba ko bahiguye uyu muhigo koko.”

Assoumpta Byukusenge, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyagisozi, ahamya ko gukorera ku mihigo ari Ingenzi cyane mu muryango ndetse n’umuntu ubwe, Ko kandi iyi ari gahunda y’igihugu bityo buri wese akaba akwiye kuyitabira kugira ngo uko ateye akajisho aho umuhigo yahize wanditse yikebure arebe aho ageze mu kuwesa.

Agira ati “ Imihigo irafasha, igihugu cyacu n’ubundi gikorera ku mihigo, tuba dufite intego twihaye dushaka kugeraho. Imihigo rero ihera mu muryango, umugore n’umugabo bicaye bakajya inama, bagahiga ibyo bazageraho, ni iterambere ry’urugo wabo.”

Akomeza ati” Iyo ufite ikaye y’imihigo, natwe twese iyo dufite ibitabo birimo imihigo uhora uteraho ijisho ukavuga uti izi ntego nzazigeraho gute, ibikorwa nzakora kugirango ngere kuri iyo ntego ni ibihe? N’umuryango rero bibafasha iyo bicaye hamwe bareba aho bageze besa imihogo bihaye”.

Abagabo ntabwo bahakana ihohoterwa mu miryango ariko ngo babona rigenda rigabanuka.

Mu kurwanya ihohoterwa mu Murenge wa Nyagisozi, bafite ikigo mu Murenge kita kandi kigafasha abahuye n’ihohoterwa baba abagabo n’abagore. Iki kigo kirimo icyumba bacumbikiramo uwo ariwe wese ushobora kukigana yahuye n’ihohoterwa. Abagana iki kigo bahohotewe, bafite ubitaho akabafasha mu kubaha ubujyanama.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga