• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Impanuka zo mu muhanda n’inkongi z’imiriro byahagurukije Polisi n’ibigo by’ubwishingizi bafata ingamba

Umwanditsi
October 13, 2018

Polisi y’u Rwanda n’abayobozi b’ibigo by’ubwishingizi bikorera mu Rwanda bemeranyije kongera imbaraga mu bufatanye bwo  kurwanya ibishobora kubangamira ikiremwa muntu nk’impanuka zo mu muhanda ndetse n’inkongi z’umuriro.

Hari kuri uyu wa Gatanu Tariki 12 Ukwakira 2018, mu nama yabereye ku kicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru mu karere ka Gasabo.Ni inama yahuzaga abayobozi b’ibigo by’ubwishingizi bikorera imbere mu gihugu ndetse n’abayobozi bakuru muri Polisi y’u Rwanda.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana yavuze ko  ari ngombwa  ko ibigo by’ubwishingizi ndetse na Polisi y’u Rwanda bakorana bya hafi bagashyira hamwe mu rwego rwo kurwanya ikintu cyose cyashyira mu kaga ubuzima bw’abaturarwanda by’umwihariko giturutse ku mpanuka zo mu muhanda ndetse n’inkongi z’umuriro.

Yagize ati:”Umutekano niwo nkingi  ikomeye mu iterambere, imirimo wakora yose kugira ngo utere imbere haba mu bucuruzi cyangwa mu bindi bikorwa biguteza imbere mu bukungu,  ntacyo byaba bimaze mu gihe abaturage bacu barimo kuburira ubuzima  mu mpanuka zo mu muhanda no mu nkongi z’umuriro.”

Kanamugire Gaudens umuyobozi w’ihuriro ry’ibigo by’ubwishingizi bikorera mu Rwanda (ASSA) yashimiye Polisi y’u Rwanda  uburyo ikomeje gushyira imbaraga mu gushaka ikintu cyose cyatuma abanyarwanda n’abaturarwanda barushaho kubaho batuje kandi batekanye.

Gusa ngo asanga  umuntu umwe cyangwa urwego rumwe rutabyishoboza rwonyine mu gihe hatabayeho guhuza imbaraga, ariyo mpamvu ubufatanye hagati y’ ibigo by’ubwishigizi na Polisi y’u Rwanda ari ingenzi.

Yagize ati:” Umuntu umwe cyangwa urwego rumwe ntibashobora kugera ku ntego yifuzwa, ariko kubera ubufatanye tuzagera  kuri byinshi  mu kurwanya impanuka zo mu muhanda ndetse n’inkongi z’umuriro. Iyi nama n’umwanya mwiza kuri twe kugira ngo duhuze amaboko tuganisha ku gufasha umuryango nyarwanda kubaho utuje kandi utekanye.”

Abandi bafashe ijambo muri iyi nama nabo bakirije yombi ubu bufatanye, bagaragaza ubushake mu gufatanya na Polisi y’u Rwanda mu rugamba rwo kurwanya impanuka zo mu muhanda ndetse n’inkongi z’umuriro.

Mu gusoza inama, Polisi y’u Rwanda n’abafatanyibikorwa bayo bemeranyije ko mu minsi ya vuba hatangira ibikorwa by’ubukangurambaga bugera ku baturage benshi, ubu bukangurambaga bukazibanda ku gukangurira abanyarwanda kwirinda no kurwanya impanuka zo mu muhanda ndetse n’inkongi z’umuriro.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. humura says:
    October 15, 2018 at 6:57 am

    Nibyagaciro kugira police yacu ihora ishaka ukuntu umuturage yabaho mu mudendezo bizira impanuka ndetse ninkongi kandi turayishimira uburyo ikora neza, nubufatanye igirana nizindi nzego

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga