• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Icyerekezo n’ibyifuzo byacu bishingiye kuri uru rungano rw’abato muri twe-Perezida Kagame

Umwanditsi
April 8, 2019

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda paul Kagame, ubwo yatangizaga umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, mu ijambo rye yagarutse ku gaciro igihugu giha urubyiruko, yongera no kurusaba gukomeza kuba imbaraga z’igihugu.

Perezida Kagame, yabwiye abitabiriye bose umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ko icyerecyezo n’ibyifuzo by’ubuyobozi bw’igihugu n’abanyarwanda muri rusange bishingiye ku bakiri bato ( urubyiruko). Agaragaza ko imbuto zabo zishobora kuvamo kuvamo ibintu byinshi bitandukanye.

Yagize ati” Icyerekezo n’ibyifuzo byacu bishingiye kuri uru rungano rw’abato muri twe. Igiti kigororwa kikiri gito, kandi imbuto ye ishobora kuvamo ibintu byinshi bitandukanye. Urubyiruko rw’abanyarwanda rufite ibyo rukeneye byose mu gukomeza guteza imbere igihugu cyacu. Bafite inshingano yo gukomeza kugira ibintu ibyabo, kandi bakagira uruhare mu kubaka u Rwanda twifuza kandi rutubereye”.

Perezida Kagame, yakomeje avuga ko ubu abanyarwanda ari beza kurusha mu bihe byashize, ariko ko bashobora no kuba beza kurushaho. Yavuze ko nta munyarwanda ukwiye kumva ko yageze iyo ajya.

Ati“ Nitwe bantu ku Isi badakwiye kugwa mu mutego wo kwijuta ngo twumve ko twageze iyo tujya, cyangwa ngo turebere ibikorwa nta ruhare tubigizemo”.

Perezida Kagame yavuze ko igihugu kimaze gutera intambwe, ko ubwoba n’umujinya byasimbuwe n’imbaraga ndetse n’icyerekezo bituma baba abato n’abakuru bose hamwe bakomeza kujya mbere. Avuga kandi ko nta n’ukwiye kwibeshya ku mbaraga abanyarwanda bafite bakuye mubyo banyuzemo byose.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga