• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/12/25
Umuyobozi wa Polisi, IGP, CG Felix Namuhoranye ntiyumva uburyo Akarere gatwara imodoka yahembwe Umurenge
18/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
18/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
18/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo

Rulindo: Imodoka itwara abagenzi ya RITCO  yafatiwemo udupfunyika 2100 tw’urumogi

Umwanditsi
June 12, 2019

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rulindo yafashe imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa RITCO ifite icyapa kiyiranga RAD 267 K itwawe na Ngerageze Emmanuel w’imyaka 63 irimo urumogi udupfunyika 2100.
Iyi modoka ikaba yarafatiwe mu murenge wa Bushoki ivuye mu karere ka Rubavu ijya mu mujyi wa Kigali ku mugoroba wo ku cyumweru Tariki 09 Kamena 2019.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Chief Inspector of Police (CIP) Alexis Rugigana yavuze ko iyi modoka yafatiwe muri uyu muhanda n’abapolisi ubwo bari barimo bakumira ibyaha n’amakosa akorerwa mu muhanda.

Yagize ati “Iyi modoka twarayihagaritse dusaka ibyari biyirimo n’uko dusangamo igikapu gipakiyemo urumogi tubajije nyirarwo muri abo bagenzi bari bayirimo arabura niko guhita hafatwa umushoferi wari uyitwaye kuko mu bagenzi habuze nyiri iki gikapu.”

CIP Rugigana yavuze ko uyu mushoferi yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacya (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Bushoki.

Yasabye abaturage bose gutanga amakuru hakiri kare kugira ngo habeho gukumira no kurwanya ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge mu baturage, kuko ibifatwa hafi ya byose biba byaturutse mu turere duturanye n’imipaka kandi bitwarwa hakoreshejwe uburyo busanzwe nk’imodoka n’ibindi, aho babikura mu bihugu by’abaturanyi bagamije kubicuruza mu gihugu cyacu.

CIP Rugigana arasaba kandi abanywa ibyo biyobyabwenge kubireka kuko nta nyungu bakuramo uretse kubangiriza ubuzima no gufungwa nyuma yo gukora ibyaha binyuranye nko gukubita no gukomeretsa, gufata abagore n’abana ku ngufu n’ibindi.

Akaba asaba abanyarwanda cyane cyane urubyiruko kuko arirwo rukunda kwishora mu bikorwa bitemewe n’amategeko birimo gucuruza no kunywa ibiyobyabwenge kureka izo ngeso kuko byangiza ubuzima bwabo kandi bikaba bihanwa n’amategeko.

Ngerageze Emmanuel nahamwa n’icyaha azahanwa n’ingingo ya 263 mu gitabo cy’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihabijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye; bibarizwamo n’urumogi.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5929 Posts

Politiki

4178 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga