• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
31/05/25
Kamonyi-Kwibuka 31: Umuntu arema undi amuhaye urugero-Dr Jaribu Théogène
31/05/25
Kamonyi: Perezida wa Njyanama y’Akarere yasabye Abajyanama kwibuka ko bafitanye Igihango n’Abaturage
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Imirambo y’abantu 2 yabonywe mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Umurambo w’umugabo wasanzwe umanitse mu kiraro cy’ingurube
31/05/25
Kamonyi-Kwibuka 31: Umuntu arema undi amuhaye urugero-Dr Jaribu Théogène
31/05/25
Kamonyi: Perezida wa Njyanama y’Akarere yasabye Abajyanama kwibuka ko bafitanye Igihango n’Abaturage
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Imirambo y’abantu 2 yabonywe mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Umurambo w’umugabo wasanzwe umanitse mu kiraro cy’ingurube

Kamonyi: Imibare y’abanyoye ikigage bakajyanwa mubitaro yageze ku bantu 33

Umwanditsi
August 23, 2019

Imibare mishya y’abanyoye ikigage yageze ku bantu 33 bajyanwe kwa muganga. Abantu 14 baravuwe barataha, mu gihe 19 aribo baraye mu bitaro harimo 3 bakirwariye mu bitaro bya Remera Rukoma na 16 baraye mu kigo nderabuzima cya Musambira. Iyi mibare mishya n’itangazwa n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Musambira muri iki gitondo cya tariki 23 Kanama 2019.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musambira, Mpozenzi Providence ahagana ku I saa tatu n’igice z’uyu wa Gatanu Tariki 23 kanama 2019 nibwo yahamirije intyoza.com ko imibare yari yatangajwe y’abantu 17 banyoye ikigage kikabagwa nabi kugeza ubwo bagiye kwa muganga yazamutse ikagera ku bantu 33.

Gitifu Mpozenzi, avuga ko muri iyi mibare abantu 14 bavuwe bakarara batashye mu gihe muri iki gitondo bitegura gusezerera abandi bantu 10 barwariye mu kigo nderabuzima cya Musambira. Bivuze ko mubaharwariye harasigaramo abantu 6 gusa.

Kugera ku Isaha y’I saa tatu n’igice tuvugana n’umuyobozi w’Umurenge wa Musambira, ngo nta murwayi mushya wari wakabonetse. Batatu baraye mu bitaro bya Remera-Rukoma baracyariyo. Turacyagerageza gushaka kumenya uko abakirwariye muri ibi bitaro bya Remera-Rukoma bamerewe.

Soma inkuru igusobanurira neza uko ikibazo kimeze hano: Kamonyi: Abantu 17 bari mubitaro bazira “Ikigage”

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5805 Posts

Politiki

4056 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

994 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga