• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
13/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
13/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
13/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Bugesera: Umugabo yafashwe akekwaho gucuruza imiti ya magendu

Umwanditsi
August 28, 2019

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Bugesera kuri uyu wa 25 Kanama 2019, yafashe uwitwa Nkezabera Pascal imukekaho gukora ubucuruzi bw’imiti ivura abantu, ubucuruzi yakoraga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ubwo yafatwaga yasanganwe udukarito turimo ibinini bya Paracetamol, Amoxicillin ndetse n’imiti igabanya ubukana bw’agakoko gatera SIDA.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko kugira ngo uyu Nkezabera afatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bavugaga ko yakoreraga ubucuruzi bw’imiti ya magendu iwe mu rugo.

Yagize ati “Abaturage baduhaye amakuru ko Nkezabera iwe mu rugo acuruza imiti, twagiyeyo dusanga koko afite amakarito arimo imiti itandukanye harimo ivura Maraliya, igabanya ububabare mu mubiri ndetse n’amacupa arimo imiti y’amazi.”

CIP Twizeyimana yashimiye abaturage batanze amakuru kugira ngo uriya ukekwaho icyaha afatwe. Yakanguriye abaturage kwirinda kugurira imiti aho babonye hose ahubwo bakajya bayigurira ahantu hazwi banabifitiye uburenganzira bahawe na leta. Yavuze ko biri mu rwego rwo kwirinda ingaruka byagira ku buzima bwabo ndetse no kurwanya ibyaha.

Yagize ati “Bene ubu bucuruzi bw’imiti bunyuranyije n’amategeko ni bubi cyane bwateza ibibazo bikomeye cyane, hari abashobora gucuruza imiti yarengeje igihe, gutanga imiti itajyanye n’uburwayi bw’umuntu bikaba byateza ibibazo bikomeye birimo n’urupfu.”

Mu Rwanda, ikigo gishinzwe ibiribwa n’imiti ni rwo rwego rushinzwe kurinda umutekano n’ubuziranenge bw’imiti n’ubuvuzi, Ubucuruzi bw’imiti bukorwa n’umuntu ubifitiye ibyangombwa bitangwa na Leta.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga