• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Umukozi w’Akarere arakekwaho ibyaha birimo inyandiko mpimbano

Umwanditsi
August 28, 2019

Murasira Alexis, umukozi w’Akarere ka Kamonyi ukora muri One Stop Center (mu biro bishinzwe iby’ubutaka n’imyubakire) akurikiranyweho ibyaha birimo gukora inyandiko mpimbano, birimo no kugekwaho kwandika inyandiko ( Recommendation) akigana sinyatire y’umuyobozi w’Akarere ndetse na Kashi z’ubuyobozi.

Amakuru yizewe agera ku intyoza.com aho anemezwa n’ubuyobozi bw’Akarere n’urwego rw’ubugenzacyaha-RIB ni ay’uko uyu mukozi akurikiranywe, akekwaho gukoresha inyandiko mpimbano.

Kayitesi Alice, umuyobozi w’Akarere ka kamonyi yahamirije intyoza.com ko amakuru yo kuba uyu mukozi akurikiranywe n’ubugenzacyaha-RIB ari ukuri. Ibi kandi byanemejwe n’urwego rw’ubugenzacyaha.

Mayor Kayitesi yagize ati“ Nibyo hari umukozi w’Akarere witwa Alexis wakoraga muri One Stop Centre uri mu maboko ya RIB, batubwiye ko akurikiranyweho impapuro mpimbano. Yanditse Recommendation Letter asinya mu mazina yanjye ( ibi yabibwiye umunyamakuru kuri uyu wa kabiri saa moya n’iminota 50 z’ijoro)”.

Umuyobozi w’Akarere, avuga ko uretse kuba uyu mukozi akurikiranywe n’ubugenzacyaha ngo no mu rwego rw’akazi hari ikigomba gukorwa. Avuga ko hari ibihano ahabwa mu rwego rwa Discipline (imyitwarire) by’umwihariko umukozi ufite ibyo akurikiranyweho kuko n’ubundi ngo ako kazi ntabwo aba akariho by’agateganyo mu gihe bategereje ibyemezo bya Komite ya Discipline ( Akanama k’imyitwarire). Avuga kandi ko aka kanama mu rwego rw’akazi ariko kareba ibyakozwe n’uburyo byakozwemo kagafata ibihano hagendewe ku mategeko.

Mayor Kayitesi, avuga ko uburyo uyu mukozi yanditse akanamusinyira ndetse akanatera kashi ebyiri ku ibarwa yanditse atabizi. Avuga ko yabonye sinyatire atari iye, ndetse n’ahakuwe Kashi ngo ntahazi. Ubugenzacyaha ngo nibwo buzagaragaza ukuri.

Mbabazi Modeste, Umuvugizi w’urwego rw’Ubugenzacyaha-RIB yahamirije intyoza.com ko uyu mukozi koko akurikiranywe. Ko kuri uyu wa mbere yashyikirijwe ubushinjacyaha.

Andi makuru agera ku intyoza.com ku nkomoko y’inyandiko mpimbano bikekwa ko zakozwe n’uyu mukozi ni ay’uko ibi ngo byakozwe mu gihe yarimo ashaka ibyangombwa birimo Visa ngo yerekeza mu gihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika.

Uyu mukozi ubwo umunyamakuru w’intyoza.com yahamagaraga kuri Telefone ye ngendanwa ntabwo yabashije kwitaba, ndetse n’ubutumwa bugufi twohereje nta gisubizo cyatanzwe.

Mu gitabo giteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu Rwanda, mu ngingo ya 276 icyaha cyo guhimba inyandiko mpimbano gihanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 5-7 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda ari hagati ya Miliyoni eshatu n’eshanu cyangwa kimwe gusa muri ibi bihano. Igihe byakozwe n’umukozi wa Leta cyangwa undi uri mu murimo w’Igihugu, ibihano biva ku myaka irindwi ariko itarenga imyaka icumi y’igifungo n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya Miliyoni ebyiri ariko atarenga Miliyoni eshatu cyangwa kimwe gusa muri ibi bihano.

Turacyakurikirana andi makuru kuri iyi Dossier kuko haravugwamo byinshi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga