• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/06/25
Kamonyi-Kwibuka 31: Umuntu arema undi amuhaye urugero-Dr Jaribu Théogène
01/06/25
Kamonyi: Perezida wa Njyanama y’Akarere yasabye Abajyanama kwibuka ko bafitanye Igihango n’Abaturage
01/06/25
Kamonyi-Rukoma: Imirambo y’abantu 2 yabonywe mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro
01/06/25
Kamonyi-Rukoma: Umurambo w’umugabo wasanzwe umanitse mu kiraro cy’ingurube
01/06/25
Kamonyi-Kwibuka 31: Umuntu arema undi amuhaye urugero-Dr Jaribu Théogène
01/06/25
Kamonyi: Perezida wa Njyanama y’Akarere yasabye Abajyanama kwibuka ko bafitanye Igihango n’Abaturage
01/06/25
Kamonyi-Rukoma: Imirambo y’abantu 2 yabonywe mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro
01/06/25
Kamonyi-Rukoma: Umurambo w’umugabo wasanzwe umanitse mu kiraro cy’ingurube

Kigali: Batatu barimo umushoferi w’ikamyo bafatanwe udupfunyika tw’urumogi dusaga ibihumbi 18

Umwanditsi
August 31, 2019

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 30 Kanama 2019, Polisi y’u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali mu karere ka Nyarugenge yeretse itangazamakuru abagabo batatu bafatanwe udupfunyika 18800 tw’urumogi mu modoka bari barimo y’ikamyo yo mu bwoko bwa Benzi isanzwe itwara ifarini.

Aba bagabo ni Munyangabe Gerald w’imyaka 46, Tuyizere Mustafa w’imyaka 19 na Shukran Ramadhan Patient w’imyaka 23 bakaba barafatiwe mu kagari ka Rugenge mu murenge wa Muhima mu karere ka Nyarugenge bavuye mu karere ka Rubavu.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police (CIP) Marie Gorette Umutesi yavuze ko uru rumogi aba bagabo barufatanwe biturutse k’ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ndetse n’abandi bantu baherutse kurufatanwa mu karere ka Rubavu.

Yagize ati “Iyi modoka yaje iturutse i Goma muri Kongo, abaturage batanga amakuru ko iyo modoka ishobora kuba irimo urumogi bitewe n’indi nayo yari yafatiwe mu karere ka Rubavu nayo irimo urumogi, abari bayirimo bavuga ko hari indi igiye i Kigali ishobora kuba nayo irufite.  Ako kanya abaturage bihutiye guhita batanga amakuru, niko kugera mu murenge wa Muhima ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge rirayihagarika basanga urumogi rumwe rupakiye inyuma ya shoferi Munyangabe yarwicariye urundi ruri ahantu bashyizemo akumba hafi y’aho babika ipine ya rezerive n’ibindi bikoresho byifashishwa mu gukora imodoka.”

CIP Umutesi yavuze ko Polisi iburira umuntu wese wishora mu ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kubireka kuko bimugiraho ingaruka zitari nziza yaba we ubwe umuryango we ndetse n’igihugu muri rusange.

Ati“ Ubifatiwemo arafungwa agacibwa n’amafaranga iterambere rye rikaba rirangiriye aho. Niyo mpamvu Polisi y’u Rwanda ikomeza gukangurira abaturage kubicikaho kuko nta kiza bibagezaho.”

Umuvugizi yasabye abaturage gukomeza kugira ubufatanye na Polisi batangira amakuru ku gihe y’abacuruza ibiyobyabwenge kugira ngo abo banyabyaha bafatwe bashyikirizwe ubutabera.

Uyu Tuyizere Mustafa usanzwe ari umutandiboyi w’iyi modoka ya Munyangabe yemera ko iyi modoka ihaguruka i Goma hari umuntu wari wamusabye ko yamwambukiriza udupfunyika ducye tw’urumogi.

Yagize ati“ Umuntu yarampamagaye arambwira ngo mwambukirize udupfunyika turenga 1000 badufashe natunguwe no kubona rungana gutya kuko njye nari nashyizemo rucyeya.”

Yongeyeho ati“ Ndagira inama urubyiruko rugenzi rwange kwirinda gushaka amafaranga mu buryo buciye mu nzira zo gukora ibyaha, uyu muntu yari yambwiye ko nindumugezaho aribumpe ibihumbi 30,000frw kandi nahembwaga ariko mbirengaho none ngiye gufungwa iterambere ryanjye rihagarare. Niyo mpamvu nongera gukangurira buri wese ugifite umutima w’irari ryo gushaka gukira vuba aciye mu nzira nk’izi kubicikaho kuko ingaruka zidatinda kumugeraho.”

Mu gitabo giteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu ngingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura,utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye n’urumogi rubarizwamo.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5805 Posts

Politiki

4056 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

994 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga