• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Gicumbi/Miyove: Abasigajwe inyuma n’amateka bati twikorere itsinda ni tujya kubikuza batwite abajura?

Umwanditsi
October 2, 2019

Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka mu Murenge wa Miyove, Akarere ka Gicumbi bababajwe no kuba barashinze itsinda, bakizigama muri SACCO ariko bajya kubikuza bakitwa abajura. Ubuyobozi bw’Ibanze nabwo ngo bwabateye umugongo. Ibi babifata nk’akarengane no kubaca intege zo kongera kwishyira hamwe no kugana ibigo by’Imari.

Jeanne Nyirantegerejimana, ubarizwa mu itsinda yabwiye intyoza.com ko intandaro y’ibibazo ari uko babonye umuterankunga washakaga kubaha amatungo, ariko akabasaba kubanza kubaka ibiraro hanyuma bagana SACCO ikabima amafaranga yabo, bakabita abajura, bakwegera ubuyobozi bukabima amatwai.

Ati “ Twatangiye mu kwezi kwa Gatatu turi abantu basaga 70 dutanga amafaranga magana abiri ku muntu, bigeze mu Kwezi kwa 7 haje umuterankunga ashaka kutworoza amatungo ariko adusaba kubanza kubaka ibiraro. Twagiye muri SACCO batwima amafaranga, twiyambaje Gitifu w’Akagari n’Umurege ntacyo batumariye”.

Masurubu Andree, Perezida w’itsinda avuga ko babikije amafaranga kuri SACCO nk’itsinda kugira ngo bazabashe kwiteza imbere ariko ngo bayambuweho uburenganziza ndetse n’ubuyobozi bw’ibanze burabateragana.

Agatabo abagize itsinda babikirizaho.

Ati“Twabikije amafaranga nk’itsinda kugira ngo dutere imbere, ariko aho gutera imbere njya kuyabikuza kuko twabonye ushaka kudutera inkunga agatabo bakanta mu maso ngo tuje kubiba. Basaba ngo Gitifu w’Akagari n’Umurenge babanze badusinyire kandi nta faranga bigeze bashyiraho”.

Akomeza avuga ko kugera kuri SACCO bakamwita umujura, akimwa uburenganzira kimwe na bagenzi be ku mutungo wabo bibaca intege mu kongera kugana ibigo by’imari no kwishyira hamwe muri rusange. Kimwe na bagenzi be, basaba ko ubuyobozi bw’Akagari, Umurenge na SACCO bubaha uburenganzira ku byabo nk’uko bajya kwishyira hamwe no kubitsa nta gahato bashyizweho.

Mwanafunzi Deogratias, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Miyove avuga ko ikibazo cy’aba basigajwe inyuma n’amateka bakizi ariko ko hakiri ibigomba kunozwa kuko ngo bashobora kubaha amafaranga bakayarya.

Gitifu Mwanafunzi w’Umurenge wa Miyove.

Ati “ Uko munabizi ntabwo umuco wo kwizigamira ari ikintu kimaze igihe muri iyi miryango. Hari igitekerezo cyiza twari twagiranye nabo cyo gutangira kwizigamira kugira ngo babe bashobora kwiteza imbere. Amafaranga bifuza kuba baheraho kugira ngo babashe kubaka ibyo biraro n’ibindi harimo n’urwo ruhare rw’amafaranga bafite mu itsinda. Navuga ko bashonje bahishiwe mu rwego rwo kugira ngo uwo mushinga ushyirwe mu bikorwa”.

Gitifu Mwanafunzi, akomeza avuga ko bari kunoza uburyo uyu mushinga uzashyirwa mu bikorwa kuko ngo mu itsinda ushobora gusanga umuntu afitemo amafaranga adahagije ko yakuzuza ikiraro, ku buryo ngo ushobora kuyamuha mu kandi kanya ugasanga atakiyafite.

Bamwe mubagize itsinda. Uwo mugabo w’ingofero niwe Perezida waryo.

Abagize iri tsinda, bahuriza ku kuvuga ko ibyo bakorerwa n’ubuyobozi bw’inzego zibanze zisa n’izibateragirana kimwe n’Ubuyobozi bwa SACCO bubaheza ku burenganzira bwabo bwo kubikuza amafaranga babikije nta gahato, ari ihohoterwa bakorerwa babaziza amateka yabaranze mu bihe byashize.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga