• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi: Abana 187 basambanijwe mu mezi cumi bamwe muri bo barabyaye

Umwanditsi
November 27, 2019

Kuri uyu wa mbere tariki 25 Ugushyingo 2019 mu gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro ubukangurambaga bw’iminsi 16 yahariwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, umuyobozi w’Akarere ka kamonyi Kayitesi Alice yavuze ko iri hohoterwa ari ikibazo mu karere ayoboye, ko mu mezi icumi gusa abana 187 basambanijwe barimo 72 babyaye. Yasabye ubufatanye n’imbaraga za buri wese muri iki kibazo.

Meya Kayitesi yabwiye abitabiriye uyu munsi w’itangizwa ry’iminsi 16 yahariwe ubukangurambaga ku kurwanya ihohoterwa, ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina ari icyaha gikomeye kandi kiboneka mu karere ayoboye.

Ati“ Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ni icyaha gikomeye kandi kigaragara n’aha mu karere kacu. By’umwihariko icyegeranyo dufite cy’amezi cumi gusa, kuva muri Mutarama kugera mu kwa cumi uyu mwaka, dufite abana 187 basambanijwe, harimo 72 babyaye”.

Uretse ibi kandi, uyu muyobozi akomeza avuga ko muri aka karere harimo abakobwa bamaze kubyarira iwabo bagera kuri 269, aba bakaba bari munsi y’imyaka 20 y’amavuko.

Muri ibi bibazo byugarije Kamonyi, Meya Kayitesi avuga ko imiryango 576 ariyo yabaruwe ibana n’amakimbirane ( Iyi mibare yose ni iy’igihe cy’amezi icumi gusa).

Akomeza avuga ko zimwe mu ngamba Akarere gafite harimo; Kwigisha by’umwihariko umuryango nyarwanda kuko ngo nk’ubuyobozi basanze ibyinshi mu bibazo bituruka mu muryango. Avuga ko bazongera imbaraga mu mugoroba w’Ababyeyi, inteko z’abaturage no gukorana n’abafatanyabikorwa b’akarere batandukanye.

Ubukangurambaga bw’iminsi 16 bwatangirijwe mu karere ka kamonyi ku rwego rw’Igihugu, buzarangwa n’ibikorwa bitandukanye bigamije kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kwigisha imiryango kurwanya no kwirinda amakimbirane n’ibindi. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti“ Turerere u Rwanda turwanya isambanywa ry’abana”.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga