• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Nyanza: Ukekwaho ubwambuzi bushukana no gukwirakwiza amafaranga y’amiganano yacakiwe

Umwanditsi
February 18, 2020

Kuwa Gatandatu tariki ya 15 Gashyantare 2020 nibwo umugabo w’imyaka 30 witwa Ntahobavukiye Jean de Dieu yafatiwe mu cyuho ubwo yageragezaga kubitsa kuri konti ye akoresheje amafaranga y’amiganano angana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi ijana (100,000 Rwf). Yafatiwe mu karere ka Nyanza mu murenge wa Busasamana ubwo yari ayashyiriye umwe mu bakozi batanga serivisi zo kubitsa, kubikuza no kohereza amafaranga hakoreshejwe telefoni.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Sylvestre Twajamahoro yatangaje ko byamenyekanye ubwo uwari ugiye gukorerwa uburiganya yashyikirizaga ikirego Polisi kandi ko atari ubwa mbere yari agiye gutekerwa umutwe na Ntahobavukiye.

Yagize ati: “Uriya Ntahobavukiye yaje agana umukozi utanga serivizi zo kubitsa no kubikuza ndetse no kohereza amafaranga, yaje aje gusaba ko bamubikira amafaranga ibihumbi 100 kuri konti ye muri telefoni uwo mukozi utanga serivisi yitegereje ayo mafaranga asanga simazima ahita abimenyesha Polisi”.

Si ubwa mbere Ntahobavukiye akora ubwambuzi bushukana kuko muri Nzeri 2019, yambuye uriya mukozi abikuza amafaranga ibihumbi ijana na cumi (110,000 Frw) yifashishije ubutumwa buhimbano bwemeza ko yabikuje neza ayo mafaranga kuri Konti ye nyamara ubwo butumwa butari ukuri”.

CIP Twajamahoro yakomeje akangurira abanyarwanda kuba maso bakitondera abantu bababwira ko bibeshye bakaboherereza amafaranga, aho babasaba kuyabasubiza. Yanakanguriye abacuruzi kujya bashishoza igihe bahawe inoti nshya.

Yagize ati: “Turakangurira abanyarwanda muri rusange, cyane cyane abakora ubucuruzi kuba maso bakitondera ubutumwa bakira bakabanza bagashishoza kandi bakagenzura konti zabo haba mbere cyangwa na nyuma yo guha serivisi ababagana”.

Yibukije ko abakora ubwambuzi bushukana bafite amayeri bakoresha yo kohereza ubutumwa busa n’ubw’umwimerere umuntu akabona yakiriye amafaranga kuri konti ye muri telefoni, iyo bamaze kuyikoherereza bagusaba ko ubasubuiza ayo mafaranga utashishoza ukujya kuri konti yawe ukayabaha nyamara bo ntayo baba bohereje.

Ntahobavukiye Jean de Dieu yafatanwe amafaranga y’amiganano nyamara ni icyaha gihanirwa n’amategeko ndetse kigira ingaruka ku bukungu bw’igihugu. Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo yasabye abaturarwanda kujya bitegereza neza amafaranga bakira basanga ari amiganano bakihutira kubimenyesha inzego zibishinzwe kugirango ababikora batabwe muri yombi bataragera ku mugambi wabo.

Ingingo ya 269 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese, ku bw’uburiganya wigana, uhindura amafaranga y’ibiceri cyangwa inoti akoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, ibyakwitiranywa nayo, impapuro zifite agaciro k’amafaranga y’igihugu zashyizweho umukono n’inzego zibifitiye ububasha, ziriho tembure yayo cyangwa ikirango cyayo, cyangwa izindi mpapuro zikoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, uzana cyangwa ukwiza mu Rwanda izo mpapuro n’izo noti azi ko ziganywe cyangwa ko zahinduwe, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7)

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga