• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Nyaruguru: Meya Habitegeko ati” Duhagaze neza ariko ntabwo duhagaze aho tugomba kuba duhagaze”

Umwanditsi
March 5, 2020

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko Francois mu kiganiro yagiranye na bamwe mu banyamakuru bakorera muri iyi ntara kuri uyu wa 05 Werurwe 2020, mu rugendo rufite insanganyamatsiko igira iti “Menya intara yawe”, yavuze kubikorwa nk’ubuyobozi bukora mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage, ashimangira ko nubwo nka Nyaruguru babona bahagaze neza mubyo barimo, ngo ntabwo baragera ahakwiye.

Urugendo rw’aba banyamakuru ku nsanganyamatsiko yarwo igira iti “Menya Intara yawe”, rugamije kuzenguruka uturere twose uko ari umunani tugize iyi Ntara, abanyamakuru baganira n’abayobozi muri buri karere ku iterambere n’ibikorwa bitandukanye bizamura kandi bihindura imibereho y’Umuturage.

Meya Habitegeko, avuga ko nk’uko ubuyobozi bw’Igihugu ari bumwe ndetse n’umurongo butanga mu cyerecyezo Igihugu kiganamo ukaba ari umwe, ngo ibikorwa biteza imbere abaturage usanga bitera imbere haba ahitwa mu mijyi ndetse no mucyaro.

Avuga ko nko guha abaturage umuriro n’amazi meza hari ibyakozwe kimwe no mu bindi bikorwa by’amajyambere hagamijwe kuzana impinduka nziza mu baturage. Gusa na none ahamya ko hakiri urugendo, ko aho bahagaze uyu munsi nubwo hashimishije ngo siho bakwiye kuba bari.

Ati “ Intambwe iterwa mu mujyi, iraterwa no mucyaro kuberako ubuyobozi dufite ni bumwe, icyerekezo ni kimwe, ibikorwa biteza imbere abaturage usanga bitera imbere haba mu mijyi haba no mu byaro. Ku mazi meza dufite intambwe twateye nubwo tutaragera 100%, yemwe n’amashanyarazi turacyafite intambwe yo gutera, ibikorwa remezo by’imihanda, bya Telecommunication( itumanaho), ubuhinzi umusaruro uragenda wiyongera mu karere, navuga ko muri rusange mu ijambo rimwe” Duhagaze neza ariko ntabwo duhagaze aho tugomba kuba duhagaze uyu munsi”.

Meya Habitegeko, akomeza avuga ko bagihatana kugira ngo bagere ku ntego, ko kandi bagihatana kugira ngo abaturage bave mubukene, bagihatana kugira ngo abaturage bagezweho Serivise Leta igomba kubagezaho, bagihatana kugira ngo Abikorera batere imbere n’ibindi byinshi avuga ko bigihari byo gukora nubwo ngo badahera kubusa.

Urugendo rw’aba banyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye mu Ntara y’Amajyepfo rwatangiye kuri uyu wa kane tariki 5 kugera kuri uyu wa gatanu Tariki 6 Werurwe 2020, babifashijwemo by’umwihariko n’ubuyobozi bw’Intara y’amajyepfo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga