• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
22/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
22/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
22/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Wa Munyarwanda ushinjwa gutwika Kiriziya y’i Nantes yongeye gutabwa muri yombi

Umwanditsi
July 26, 2020

Umunyarwanda w’impunzi, akaba umukorerabushake muri Kiliziya y’I Nantes mu Bufaransa, yongeye gutabwa muri yombi kuri uyu wa 26 Nyakanga 2020 mu mujyi wa Nantes mu burengerazuba bw’Ubufaransa, aregwa gutwika Kiliziya, nyuma y’inkongi y’umuriro wo mu cyumweru gishize wangije ibice bimwe by’iyi kiliziya yubatswe mu kinyejana cya 15.

Uwo mugabo w’imyaka 39, wakoraga kuri iyo Kiliziya/katedrali nk’umuzamu mu buryo bw’ubukorerabushake, yari aherutse gufungwa ariko nyuma aza kurekurwa bavuga ko ntacyo babonye kimuhama nubwo iperereza ryari rigikomeza.

Ikinyamakuru Le Monde cyo mu Bufaransa gisubiramo amagambo y’umushinjacyaha Pierre Sennès avuga ko uwo mugabo ucyekwa “yemeye” ko ari we wakongeje uwo muriro wafashe mu bice bitatu bitandukanye by’iyo kiliziya. Mbere yari yabihakanye.

Amagambo y’umwunganizi we mu mategeko Quentin Chabert yasubiwemo avuga ko uwo mugabo “yicuza bikomeye” ibyo yakoze. Ati: “Umukiliya yanjye ntiyagoranye”. Ntabwo izina ry’uwo mugabo ucyekwa ryatangajwe.

Uyu mugabo, ubu ari gukorwaho iperereza afunze guhera mu gitondo cyo kuri iki cyumweru, nyuma yuko ejo kuwa Gatandatu nabwo yari yahaswe ibibazo n’abashinjacyaha.

Uwo muriro wo ku itariki ya 18 y’uku kwezi kwa karindwi 2020 wangije igice cy’iyo Kiliziya nkuru yitiriwe Mutagatifu Petero na Mutagatifu Pawulo y’i Nantes (Cathédrale Saint-Pierre-et-Saint-Paul de Nantes) yo mu kinyejana cya 17, ndetse n’ibirahuri byayo byijimye bimaze igihe.

Iyi mpunzi nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, yari mu gihe cyo kongeresha uburenganzira bwayo bwo kuguma mu Bufaransa, nkuko abategetsi muri iki gihugu babitangaje.

Soma hano inkuru bijyanye:Umunyarwanda wari wafashwe mu Bufaransa akekwaho gutwika Kiliziya yarekuwe

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga