• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
22/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
22/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
22/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Inkubi y’umuyaga wiswe Isaias iteje akaga mu burasirazuba bwa Amerika

Umwanditsi
August 4, 2020

Serwakira ivanze n’imvura nyinshi yahawe izina rya Isaias ikomeje kwibasira intara z’Amerika zikora ku nyanja ya Atlantika, muri Leta za Carolina y’amajyepfo-South Carolina n’iy’amajyaruguru-North Carolina, aho ikomeje guteza imyuzure.

Abategetsi bavuze ko inkubi y’umuyaga iherekejwe n’imvura nyinshi byaciye intsinga z’amashanyarazi mu ngo no mu nzu z’ubucuruzi muri izo leta zombi. Uwo muyaga waje uturutse mu nyanja ya Atlantika wageze ku butaka ufite umuvuduko w’ibirometero 140 ku isaha.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 04 Kanama 2020, imvura yaje iwuherekeje yageze ku nkombe z’inyanja muri Leta ya Maryland mu kigobe cya Delmalva ugeze ku muvuduko w’ibirometero 110 ku isaha.

Uwo muyaga nkuko ijwi rya Amerika ribitangaza, urimo imvura yateye imyuzure uteganijwe no mu zindi leta zo mu burasirazuba bw’Amerika. Abashinzwe iby’iteganyagihe batanze imbuzi/baburiye ko bizahera muri Leta ya Virginia mu burasirazuba bushyira amajyepfo y’igihugu bikagera muri Leta ya Maine mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwacyo.

Perezida Donald Trump yashyizeho ibihe bidasanzwe muri Leta ya North Carolina, na Florida ategeka ko hashyirwaho uburyo abakozi ba leta bafasha abatewe ibibazo n’iyo nkubi y’umuyaga iherekejwe n’imvura nyinshi.

Photo/Newscabal

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga