• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
22/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
22/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
22/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Kamonyi: Umuhanda ukwiye kuza ari igisubizo ku muturage aho kuba ikibazo-Guverineri Kayitesi

Umwanditsi
August 7, 2020

Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice ubwo mu ntangiriro z’iki cyumweru yasuraga imihanda ya Kaburimbo irimo kubakwa mu karere ka Kamonyi, Umurenge wa Runda, umuhanda uva Bishenyi ugana kubitaro by’Amaso(Muganza), n’undi uva Ruyenzi werekeza Gihara, yibukije abapatanye gukora iyi mihanda ko bakwiye kuyitunganya mu buryo iza ari igisubizo ku baturage aho kubabera ikibazo.

Guverineri Kayitesi, asubiza ku mpungenge z’abibaza ko igihe imvura yaguye ishobora kwangiriza abaturage bitewe nuko kenshi ibi bice bikunda kwibasirwa n’amazi amanuka mu misozi akangiza imyaka y’abaturage n’ibindi bikorwa, yavuze ko iyi mihanda irimo gukorwa mu buryo izagenerwa utuyira tw’amazi ku buryo nta muturage byagateye ikibazo.

Madame Kayitesi, avuga ko imihanda iba ije ari igisubizo ku baturage, ko rero nta mpamvu y’uko umuturage yisanga yatewe ikibazo n’umuhanda aho kuza ari igisubizo kuri we. Ati” Ntabwo hakwiriye gukorwa imihanda ngo ibere abaturage ikibazo aho kugira ngo ibabere igisubizo”.

Avuga ko ibibazo byagaragaye mu ikorwa ry’iyi mihanda, ahanini ari ibijyanye n’imirimo y’inyongera imwe n’imwe ariko ngo nabyo nta rirarenga kuko bitarenze ubushobozi bw’Akarere . Avuga ko impande bireba hamwe n’ubuyobozi bw’akarere barimo kubikoraho.

Iyi muhanda irimo gukorwa, uva Bishenyi werekeza ku bitaro by’amaso ni uwo Perezida Kagame yemeye. Abarimo kuwukora bahamya ko hatagize igihinduka mu kwezi kwa cyenda-Nzeri uzaba ugejejwemo kaburimbo.

Mu muhanda Ruyenzi-Gihara. Abayobozi baganiraga na Giverineri.

Umuhanda wa Kabiri, ni uwa Ruyenzi-Gihara ukorwa n’Akarere, uyu abawukora babwiye Guverineri Kayitesi ko iminsi mikuru isoza umwaka wa 2020 bazaba baragejejemo kaburimbo.

Iyi mihanda uko ari ibiri, niyuzura ikajyamo Kaburimbo niyo ya mbere izaba ishamikiye ku muhanda munini wa kaburimbo usanzwe unyura muri aka karere ugana mu bice by’Amajyepfo, Uburengerazuba n’Amajyaruguru.

Ku muhanda w’Akarere, nubwo ibibazo biri mu nzira nziza, ariko habanje kubaho kuruhanya kwa bamwe mu baturage banze korohera ubuyobozi kuko mbere mu nama yari yabahuje bari bemeye kugira ubutaka bigomwa umuhanda ugakorwa, ariko bamwe bigeze mu ikorwa ry’umuhanda baza kuruhanya, ariko ubuyobozi buvuga ko nta kibazo kigihari.

Rwiyemezamirimo ukora umuhanda Ruyenzi Gihara, ahamya ko iminsi mikuru y’umwaka izagera Kaburimbo irimo.
Aha ni mu Muhanda hafi y’ivuriro ry’amaso.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga