• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
22/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
22/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
22/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Umukinnyi Willian yahamije ko yavuye mu ikipe ya Chelsea

Umwanditsi
August 9, 2020

Willian, umukinnyi wari umaze imyaka 7 akinira ikipe ya Chelsea yo mu cyiciro cya mbere mu bwongereza akaba akomoka muri Brazil, kuri uyu wa 09 Kanama 2020 yemeje ko avuye muri iyi kipe nyuma y’imyaka irindwi ayikinira.

Willian w’imyaka 32, ntabwo yakinnye umukino wa Champions League w’ejo ku wa gatandatu iyi kipe ya Chelsea yakinnyemo na Bayern yo mu gihugu cy’Ubudage kubera imvune afite.

Mu cyumweru gishize, BBC Sport yatangaje inkuru yuko Arsenal iri hafi kwemeranya amasezerano n’uyu Munya-Brazil unakina nk’umukinnyi wo hagati usatira izamu.
Mu ibaruwa ifunguye yandikiye abafana ba Chelsea, Willian yagize ati: “Igihe ubu kirageze ngo ngende”.

“Ngiye nemye, ntekanye nzi ko hari ibintu natsindiye hano kandi iteka nitanze uko nshoboye nambaye umwenda wa Chelsea”. Ayivuyemo ayikiniye imikino 339.

Willian, nkuko BBC ibitangaza, yageze muri Chelsea muri 2013 avuye mu ikipe ya Anzhi Makhachkala yo mu Burusiya aguzwe miliyoni 30 z’amapawundi.

Ari kumwe na Chelsea, yatsindiye ibikombe birimo bibiri bya shampiyona ya Premier League na kimwe cya Europa League.
Willian yongeyeho ati: “Habayeho ibihe byinshi cyane by’ibyishimo, bimwe by’akababaro, habayeho kwegukana ibikombe, kandi iteka byakoraga ku mutima cyane”.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga