• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
21/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
21/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
21/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Kamonyi: Saa Moya zuzuye muzifate nk’aho wari ugiye gutaha iwawe ugasanga umugezi wuzuye-Meya Tuyizere

Umwanditsi
August 30, 2020

Abantu basaga 150 bafatiwe mu bice bitandukanye by’Umurenge wa Runda mu ijoro ry’uyu wa 29 Kanama 2020 banyuranije n’amabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa rya Coronavirus. Ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi n’izindi nzego bazindutse mu gitondo cy’uyu wa 30 Kanama 2020 bigisha, bashishikariza abafashwe ko bakwiye kubaha no kuzirikana isaha ya Saa moya, buri wese akaba yageze iwe.

Abafashwe bose, baba abanyamaguru, abafite ibinyabiziga nka Moto ndetse n’imodoka  barajwe mu kibuga cy’umupira cya Ruyenzi, bazira kunyuranya n’amabwiriza y’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri iheruka, aho asaba buri wese ko I saha ya saa moya igomba kumusanga aho arara mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.

Abarajwe mu kibuga cya Ruyenzi kubwo kunyuranya n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

Meya Tuyizere, yabwiye buri wese ko iyi saha agomba kuyifata nk’aho yari agiye gutaha agasanga umugezi wuzuye. Ati“ Saa moya zuzuye muzifate nk’aho wari ugiye gutaha iwawe ugasanga umugezi wuzuye. Usanze wuzuye uguma aho ugeze ugacumbika. Ariko nujya no gukora ibikorwa byawe utangire utekereze, wibaze ngo saa moya ndaba ndihe? Ubundi abo ducumbikira ni ababuze aho bacumbika, ntawe dusanga mu rugo tumufatira mu muhanda, ntawe ucumbika mu muhanda kuko nta hoteli ihari, tubazana hano rero kugira ngo tubarindire n’uwo mutekano”.

Yongeyeho ati“ Uko mwaraye aha ngaha muri iyi Hoteli nziza (mu kibuga), mutubere abavugizi. Munabwire bagenzi banyu ngo ntawe twifuriza kurara kuri iriya Sitade, ejo ejobundi n’imvura izaba igwa, amahitamo ni ayanyu rwose ushaka kuhaza inshuro nyinshi  Serivise turagenda tuzongera ahagaruke, uwumva abirambiwe yigire mu rugo saa moya abe yibereye mu rugo n’imiryango yanyu irabakeneye, abafite abana bakeneye kubabona hakiri kare, hari abo bari barayobewe amasura yabo”.

Uwamahoro Prisca, Vice Mayor ushinzwe imibereho myiza, yibukije by’umwihariko igitsina gore cyari mu bafashwe ko bahemukiye ba Mutimawurugo, ko buri wese akwiye kwinenga no guharanira kuba urugero rwiza mu bandi.

Mu butumwa bwatanzwe n’abandi bayobozi batandukanye barimo n’inzego z’umutekano, Ingabo na Polisi, bibukije abafashwe ko bahemutse, ko bakwiye kwisubiraho kuko ibyo bakora byose babikesha kuba ari bazima, ko nta mirimo ahatari ubuzima. Basabwe bose kuzirikana ubuzima bwabo n’ubw’abandi birinda iki cyorezo.

Mu kwirinda iki cyorezo cya Coronavirus, bibukijwe ko ari ngombwa gukaraba amazi meza n’isabune kandi kenshi, kwambara agapfukamunwa kandi neza, guhana intera hagati y’umuntu n’undi, n’izindi ngamba. Basabwe kureka ingendo zitari ngombwa ndetse ubona ko urugendo yafashe rushobora kumuraza nzira agafata icyemezo cyo kurureka.

Meya Tuyizere ati” Ntawe twifuza ko aza hano ariko kandi uwumva yahashimye, ibiciro bya Hoteli yacu turaza kubyongera”. Yasabye buri wese kubaha isaha ya Saa moya.

Mwizerwa Rafiki, Gitifu w’Umurenge wa Runda yibukije ko unyuranya wese n’amabwiriza yo kwirinda no kurinda abandi atazihanganirwa.
Ubwo abafashwe barekurwaga batashye.

Soma hano inkuru ijyanye n’iyi:Kamonyi: Umukwabu w’abanyuranije n’amabwiriza ya Covid-19 ufatiwemo abasaga 150, imodoka na Moto

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga