• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
21/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
21/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
21/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Perezida Kagame yavuze kuri Rusesabagina ati“ Amaraso y’abanyarwanda agomba kuyabazwa”

Umwanditsi
September 7, 2020

Kuri iki cyumweru tariki ya 06 Nzeri 2020 nibwo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru-RBA, ikiganiro cyagarukaga ku ngingo zitandukanye zibanda ku buzima bw’igihugu. Ageze kuri Rusesabagina wafashwe akagezwa mu Rwanda, yavuze ko agomba kubazwa amaraso y’Abanyarwanda.

Ubwo yatanganga ikiganiro agaruka kw’ifatwa rya bamwe mu bahoze mu mitwe y’iterabwoba irwanya leta y’u Rwanda, Perezida Kagame Paul yavuze ko ifatwa rya Rusesabagina mu minsi ishize nta cyaha kirimo, ko kandi gutangwa na bamwe mu bari bamucumbikiye nabo bari bafite ubwoba ko ashobora kubagwaho.

Avuga ku kuba Rusesabagina yaba yaragize uruhare mu gukiza bamwe mu batutsi bari bahungiye kuri Hotel Des Millles Collines, Perezida Kagame yavuze ko bidakwiye ko yakumva ko yakoze ibintu byiza agashaka guhindura ubuzima bw’igihugu biciye mu gutwara ubuzima bw’abaturage no guhungabanya umutekano w’igihugu.

Avuga ibi yagize Ati:” Byinshi mu byo Rusesabagina yakoze byitirirwa ko ari byiza ariko nifuza ko itangazamakuru ryakora ubushakashatsi rigakoresha ukuri ku byo Rusesabagina yakoze”.
Perezida Kagame yongeyeho ko niyo wabaza abanyarwanda barokotse muri iyo hoteli, bakubwira inkuru itandukanye y’ibyo Rusesabagina avuga yakoze, ko ndetse n’umuryango w’abibumbye-Loni nawo utanga inkuru itandukanye nibyo avuga.

Perezida Kagame yibukije ko Rusesabagina atari we wenyine uri hano mu Rwanda, ahubwo ko hari n’abandi bakoranaga nawe barimo Sankara bakaba bazagira umwanya wo gushinjanya, bakibukiranya ku mahano bakoreye u Rwanda kandi we nka Rusesabagina akagira umwanya wo kubazwa amaraso y’Abanyarwanda mu bitero byagabwe mu bice byo mu Murenge wa Nyabimata wo mukarere ka Nyaruguru ndetse n’ibyakorewe mu karere ka Nyamagabe hafi y’ishyamba rya Nyungwe.

Rusesabagina Paul, akekwaho kurema no kuyobora umutwe n’ihuriro ry’imitwe y’iterabwoba yitwara gisirikare igizwe n’abo ubutegetsi bwita abahezanguni, irimo MRCD na PDR-Ihumure, ikorera mu bice bitandukanye mu karere no mu mahanga.

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga