• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi-Rukoma: Hatangijwe ku mugaragaro ishyirwa mu byiciro bishya by’Ubudehe

Umwanditsi
December 5, 2020

Kuri uyu wa 04 Ukuboza 2020, mu Karere ka Kamonyi hatangijwe igikorwa cyo gushyira abaturage mu byiciro bishya by’Ubudehe. By’Umwihariko, iki gikorwa ku rwego rw’Akarere cyatangirijwe mu Murenge wa Rukoma, kitabirwa n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ari kumwe n’Umuyobozi w’agateganyo w’aka karere n’izindi nzego zitandukanye zirimo iz’umutekano.

Abaturage ba Rukoma bitabiriye iki gikorwa, basobanuriwe bihagije iby’ibi byiciro bishya by’ubudehe, basabwa kubigira ibyabo no kubikoresha neza buri wese mu cyiciro abarizwamo.
Ibi byiciro bishya bije bisimbura ibyariho mbere byakunze kwinubirwa na benshi bagaya uburyo byakozwe. Mu gihe ibya mbere byari bine, ibishya byagizwe bitanu kandi inyito ya buri cyiciro igahabwa inyuguti n’icyiciro cy’abantu runaka bakibarizwamo hashingiwe ku mikoro.

MoS Nyirarukundo aganira n’abaturage ku kamaro n’impamvu z’ibi byiciro bishya by’Ubudehe.

Abafite ubushobozi cyangwa se amikoro bashyirwa mu cyiciro cya A, ni ukuvuga urugo rufite ubushobozi bwo kwinjiza amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 600 ku kwezi, cyangwa se rufite ubutaka bwa Hegitali 10 mu cyaro na Hegitali imwe mu mujyi.

Icyiciro cya kabiri gihagarariwe n’inyuguti ya B, aho kirimo ingo zinjiza amafaranga ari hagati y’ibihumbi 65-600 by’u Rwanda buri kwezi, cyangwa se hari ubutaka bubarirwa hagati ya Hegitali imwe n’icumi mu cyaro, mu gihe mu mujyi habarwa Metero kare kuva kuri 300 kugera kuri Hegitari imwe.

Mu cyiciro cya Gatatu gihagarariwe n’inyuguti ya C, ari nacyo benshi mu baturage ba Rukoma muri uku gushyirwa mu byiciro bashyizwemo, kirimo abantu cyangwa se ingo zinjiza amafaranga y’u Rwanda ari hagati y’ibihumbi 45-65 ku kwezi cyangwa se ingo zifite ubutaka bubarirwa hagati y’igice cya Hegitari na Hegitali imwe mucyaro naho mu mujyi bikaba Metero kare 100-300.

Abo mu cyiciro cya kane aricyo cy’inyuguti ya D, ni urugo rwinjiza amafaranga ari munsu y’ibihumbi 45 y’u Rwandaku kwezi, cyangwa se rufite ubutaka buri munsi ya ½ cya Hegitali mu cyaro mu gihe mu mujyi ari munsi ya Metero kare 100.

Mu cyiciro cya Gatanu ari nacyo cya nyuma gihagarariwe n’inyuguti ya E, kibarizwamo abadafite ahantu na hamwe bakura imibereho kandi bageze muzabukuru( abakecuru n’abasaza), Abafite ubumuga, Uburwayi bukomeye, Abana b’impfubyi ndetse n’urugo ruyobowe cyangwa se rufite umutware ukiri umunyeshuri.

Ni igikorwa cyatangirijwe mu Mudugudu wa Nyarusange, Akagari ka Taba, Umurenge wa Rukoma guhera ku i saa tatu kugera i saa munani. Umushyitsi mukuru yari umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Madame Nyirarukundo Ignacienne washimiye abaturage uko bumvise iyi gahunda kandi bakayigira iyabo.

MoS Nyirarukundo, yabasabye kandi aba baturage ndetse n’ubuyibozi muri rusange gukomeza kubikora neza mu nyungu zabo ndetse no mu gufasha Igihugu mu igenamigambi.

Nkurunziza Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Rukoma, ahatangirijwe iki gikorwa, we n’abaturage bijeje ko iki gikorwa biteguye kugikora neza kugira ngo intego yacyo igerweho nta cyuho kibaye, cyane ko bahamya ko n’amabwiriza bayumva neza kandi bikazagirwamo uruhare na buri muturage bihereye mu Isibo ya buri wese.

Muri iki gikorwa cyabereye i Rukoma, abaturage ubwabo nibo bishyiraga mu byiciro nyuma yo kubisobanurirwa, bagasobanukirwa. Babikoze bashingiye ku buryo ubwabo baziranye ndetse no ku bushobozi bwa buri wese, kandi bagendeye uko amabwiriza abiteganya. Ni igikorwa kandi cyanakorewe hirya no hino mu yindi mirenge y’Akarere.

Uhagaze ni Tuyizere Thaddee, Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere. Yasabye buri muturage guha agaciro ibi byiciro no kuzirikana uruhare rwa buri wese mu migendekere myiza yabyo.

Munyaneza Theogene intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga