• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
21/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
21/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
21/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Imyuzure: Mwige guhangana n’ibihe, mwubake inzu zirinda amazi-Perezida Ndayishimiye

Umwanditsi
June 5, 2021

Umukuru w’Uburundi Evaritse Ndayishimiye yasabye ko abantu bakwiga uburyo bahangana n’ibihe mu gihe bashobora kuba ahantu nko mu Gatumba, aho imyuzure ya Tanganyika n’uruzi Rusizi byakuye benshi mu byabo.

Ibi Perezida Ndayishimiye, yabivugiye Maramvya aho yashyiriye imfashanyo abantu barenga ibihumbi 10 bahashyizwe mu buryo bw’agateganyo nyuma yo gukurwa mu byabo n’imyuzure cyane cyane mu bice bya Gatumba no mu nkengero zaho.

Ingingo yo kwimura abo bantu kugira ngo bave burundu aho bari batuye n’ubu ntabwo irafatwa ariko ngo iri mu zishoboka.

Abo bantu umukuru w’igihugu yasuye bahawe aho kuba muri Sobel, hahoze haba inka muri zone Maramvya yo muri komine Mutimbuzi mu Ntara ya Bujumbura.

‘Abashakanye ntabwo babasha gutera akabariro’

Abo bantu baba mu tuzu tw’uduhema duto duto, benshi muri bo bemeza ko tudashobora gukwira umuryango, abagabo bamwe na bamwe ngo barara hanze kugira ngo bitangire abana n’abagore.

Bamwe mu bashakanye bavuga ko batabasha gutera akabariro. Umugore umwe aba muri iyo site avuga ati: “Biragoye. Kubera utuzu twacu turegeranye rwose. Ntushobora kwisanzura nk’uko waba uri imuhira. Uhita uvuga uti tekana wihangane …tuzotaha mu hira.”

Kwimurwa burundu cyangwa se gusubira mu Gatumba?

Mu bindi bibazo bibugarije harimo kutagira icyo bakora, no kuba abana babo batajya ku mashuri. Aho ni mu gihe hataraboneka igisubizo kidakuka cyo kumenya niba bazimurirwa ahandi cyangwa se ari ugutegereza amazi agakama bagasubira iwabo.

Ni ikibazo n’umukuru w’igihugu Evariste Ndayishimiye acyibaza: “Mu 2007 byarabaye … none byagarutse. “None twakora iki ngo tumenye kwitegura ibyo bihe?”

Umukuru w’igihugu nkuko BBC ibitangaza, avuga ko Leta ikirimo kwiga igisubizo kibereye, harimo kwimurira abo bantu ahandi bibaye ngombwa, ariko kandi aranagaruka akabwira abo bantu ko bagomba kwiga guhangana n’ibihe niba bahisemo gusubira aho bahora batuye.

Evaritse Ndayishimiye yababwiye ati: “Ndababajije nti mbega twimukire ahandi? Mwese muvuga ngo oya. Twige rero guhangana n’ayo mazi. Ko twemeye kuhaguma, duhite twiga no kubaka inzu zikomeye zihangana n’ayo mazi”.

Mu gihe hagitegerejwe igisubizo kirambye kuri aba bantu, umukuru w’igihugu yabashyiriye imfashanyo y’ibiribwa n’ibindi bikoresho bizabafasha muri iyi minsi bakiri mu buhungiro.

Imyizure ya Tanganyaika na Rusizi aho mu Gatumba no mu nkengero yaho hari amashyirahamwe agereranya ko yatumye abantu barenga ibihumbi 30 bata ingo zabo.

Ariko ingaruka z’imyuzure y’amazi yaTanganyika zo ni nyinshi kurusha, kandi si i Bujumbura gusa. Inkengero za Tanganyika zirenza ibirometero120 kuva i Bujumbura gushyika i Nyanza-Lac ku rubibe Uburundi buhana na Tanzania.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga