• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
16/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Minisitiri w’Ubuzima yasabye abanyeshuri b’abakobwa gufungura ibitabo bagafunga amaguru

Umwanditsi
January 14, 2022

Minisitiri w’ubuzima w’akarere muri Afurika y’epfo yanenzwe bikomeye muri iki gihugu nyuma yuko abwiye abanyeshuri b’abakobwa “gufungura ibitabo byanyu mugafunga amaguru yanyu”.

Phophi Ramathuba yavuze ayo magambo mu ruzinduko yari yagiriye ku ishuri ryisumbuye mu rwego rwo kubashishikariza kwifata ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina no kugabanya ikigero cy’abatwara inda bakiri abangavu.

Abakoresha imbuga nkoranyambaga banenze amagambo ye, banibaza impamvu yayabwiye abakobwa bonyine. Madamu Ramathuba yashyigikiye ubutumwa bwe, avuga ko bwari bunagenewe n’abahungu.

Uyu Minisitiri w’ubuzima w’intara ya Limpopo, ku wa gatatu yari yasuye ishuri ryisumbuye rya Gwenane riri mu gace ka Sekgakgapeng, ku munsi wa mbere w’umwaka mushya w’amashuri.

Yabwiye abanyeshuri ati: “Ku mwana w’umukobwa ndagira nti: Fungura ibitabo byawe, ubundi ufunge amaguru yawe. Wifungura amaguru yawe, fungura ibitabo byawe. Murakoze cyane“.

Yongeyeho ko abakobwa barimo gushukwa n’abagabo bakuru bifashishije imisatsi ihenze y’imiterano ndetse n’amatelefone agezweho. Amagambo ye yatumye anengwa bikomeye, nyuma yuko videwo y’ijambo rye ishyizwe ku mbuga nkoranyambaga.

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, yanditse ati: “Ubu si uburyo buboneye [bukwiye] bwo kuganiriza abana ku ihohoterwa, ku mibonano mpuzabitsina no ku kwifatira icyemezo ku kuyikora”.

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Siviwe Gwarube yavuze ko ayo magambo “ateje ikibazo gikomeye“.

Mu butumwa bwo kuri Twitter, yagize ati: “Aka kari akanya ko kugirana ikiganiro gifatika n’aba banyeshuri ku kwifatira icyemezo ku gukora imibonano… None uregeka ikibazo ku bahohoterwa. Ugashyira igitutu kitari ngombwa ku bakobwa“.

Madamu Ramathuba yabwiye urubuga rw’amakuru TimesLIVE rwo muri Afurika y’epfo  ko amagambo ye yakuwe mu mvugo (context) yayo, kandi ko yanayabwiraga n’abahungu. Yagize ati:” Nasabye abahungu kwibanda ku masomo yabo no kutaryamana n’abakobwa“. Yongeyeho ko abaturage ashinzwe mu ntara ya Limpopo “bakiriye neza ubutumwa” bwe.

Yagize ati: “Barimo banavuga ko bo batinya kuvuga ibi bintu kandi banshimiye kubera ko navuze ibintu uko biri nta guca ku ruhande”. Imibare ya Leta igaragaza ko abakobwa hafi 33,400 bafite munsi y’imyaka 17 babyaye muri Afurika y’epfo mu mwaka wa 2020.

Umuryango mpuzamahanga wita ku bana, Save the Children, uvuga ko kutagira ubumenyi bwimbitse ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina ndetse no kutabona serivisi z’ubuzima zikwiye kandi zihendutse, ari bimwe mu bintu by’ingenzi bituma abakobwa b’abangavu batwara inda muri Afurika y’epfo.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga