• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Nyanza: Sitade Perezida Kagame yemeye igiye gutangira kubakwa na Miliyari 146

Umwanditsi
July 7, 2022

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme aremeza ko imirimo yo gutangira kubaka stade Olympic bemerewe na Perezida wa Repuburika y’u Rwanda, Kagame Paul igiye gutangira ndetse ikajyana n’ibindi bikorwa bizaba biyigaragiye. Ibyo byose bizashyirwa ku buso bwa hegitari 28 i Mwima na Mushirarungu, aho byose bizatwara asaga Miliyari 146. Sitade yonyine izatwara miliyari 60 ikazaba isakaye yose kandi ifite imyanya ibihumbi 20 yicarwamo.

Ibi Meya Ntazinda avuga, abihera ku kuba inyigo y’ibigomba gukorwa yaramaze kunozwa ndetse ikaba yarashyikirijwe Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imyubakire mu Rwanda hamwe na Minisiteri ya Siporo kugirango imirimo itangire gukorwa.

Meya Erasme agira ati” Nibyo ni umushinga wakozwe mbere, ariko ukomwa mu nkokora na COVID-19. Ubu inyigo yasubiwemo kugirango inoge ndetse twarayirangije ndetse inashyikirizwa ababishinzwe barimo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imyubakire mu Rwanda, RHA (Rwanda Housing Authority) na Minisiteri ya Siporo, hagamijwe kucyemeza ngo kinatangire gushyirwa mu bikorwa ku buso bwa Hegitari 28. Twahisemo I Mwima na Mushirarungu, ariko iyi nyigo igaragaza ko kubaka iyi sitade izatwara miliyoni 60 ikazaba ifite intebe zo kwicaraho ibihumbi 20, ariko uyu mushinga wose uzatwara agera kuri miliyari 146″.

Akomeza yemeza ko imirimo yo gutanga ingurane yari yakozwe kuri bamwe ariko abasigaye nabo bagiye guhabwa amafaranga kugirango bimurwe, bityo imirimo izatangire ibibazo byose byarakemuwe. Avuga ko binejeje kuko bagiye kubona ahantu hagari ho  kwidagadurira.

Yagize ati” Nibyo dutangira uyu mushinga hari bamwe bari babariwe imitungo yabo ntibahita babona amafaranga, ariko nitureba tugasanga amezi ateganywa n’itegeko yarashije tuzababarira ku giciro gishya kandi turifuza ko ibijyanye n’ingurane bigomba  kubanza gutangwa maze tugatangira imirimo byose byararangiye. Tugiye kubona ahantu ho kwidagadura”.

Yemeza kandi ko abaturage b’akarere ka Nyanza bahishiwe byinshi n’Igihugu kandi ko icyo bashaka ari ukuzamura impano z’abana bato ariko n’abakuru bagakora siporo, bakirinda indwara. Ahamya ko nubwo ubu bakora Siporo, ariko ko bizababera akarusho kuko bazaba bafite igikorwa cyo kwifashisha.

Uyu mushinga wa Sitade Olympic ya Nyanza, uzaba ugizwe n’ikibuga cyo gukiniraho (Pelousse) kizaba gifite inzira zo gukiniramo kwiruka ku maguru, ikibuga cy’imyitozo ku mukino w’umupira w’amaguru, Gymnase ndetse hakazashyirwaho igice cyo gukiniramo imikino Gakondo nk’umuco Nyarwanda.

Iyi sitade, yahawe izina rya “Nyanza olympic Stadium” izubakwa i Mwima na Mushirarungu, ikaba izatwara Miliyari 146, aho izaba ifite imyanya yo kwicarwamo isaga ibihumbi 20 n’ibindi bikorwaremezo bizaba biyigaragiye kandi bigaragara ko nayo izaba yinjijwe muri “Culture Trails” ndetse n’inzira z’ubukerarugendo zica hafi y’ikiyaga cya Bishya. Hazakorwa umuhanda wa kaburimbo ugana kuri iyi sitade uzaba ufite hafi ibirometero 2, ukazava ku cyuzi cya Nyamagana ugana aha hazubakwa iyi sitade mu murenge wa Rwabicuma. Ibi kandi bizagura umujyi ndetse n’isura yayo ikazahinduka.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga