• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
27/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa
27/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
27/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire

Amerika yasabye u Rwanda kureka gufasha umutwe wa M 23

Umwanditsi
October 28, 2022

Amerika yasabye igisirikare cy’u Rwanda (RDF) kureka gufasha umutwe w’inyeshyamba wa M23 mu mirwano urimo n’ingabo za Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC).

Kuri uyu wa kane habaye indi mirwano hagati y’ingabo za Leta ya DR Congo n’umutwe w’inyeshyamba wa M23 ku muhanda uhuza Goma, umurwa mukuru w’intara ya Kivu ya ruguru n’indi mijyi yo mu burasirazuba.

Patrick Muyaya, Minisitiri wa DR Congo ushinzwe itangazamakuru akaba n’umuvugizi wa Leta, yavuze ko igihugu cye gishima “ahantu hasobanutse Leta y’Amerika ihagaze ho kwamagana ubufasha u Rwanda ruha M23”.

Mu butumwa bwo kuri Twitter, Minisitiri Muyaya yasabye ibindi bihugu gukurikiza urugero rw’Amerika kugira ngo harangire “ubu bunyamaswa buteza urupfu no kuva mu byabo kw’abaturage bacu benshi”.

Nta cyo RDF yari yatangaza ku mugaragaro kuri ibi ishinjwa n’Amerika, ariko mu gihe cyashize Leta y’u Rwanda yahakanye ivuga ko nta ho ihuriye na M23.

M23 na yo ihakana gufashwa n’u Rwanda, mu gihe gishize umuvugizi wayo yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko “nta n’urushinge” ihabwa na Leta y’u Rwanda. Leta y’u Rwanda ishinja Leta ya DR Congo gukorana n’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ukorera mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Ariko mu nteko rusange ya ONU yo mu kwezi kwa cyenda uyu mwaka, Perezida wa Congo Félix Tshisekedi yavuze ko ibyo ari “ Urwitwazo” rwa Leta y’u Rwanda rudafitiwe gihamya rwo gutuma ikomeza gushotora Congo”.

Tshisekedi yavuze ko FDLR “yaciwe umutwe ihinduka ubusa” binyuze mu bikorwa FARDC yagiye ikorana na RDF mu myaka ishize.

Ambasaderi Robert Wood, intumwa y’Amerika muri ONU ku bibazo byihariye bya Politiki, yabivuze ku wa gatatu mu nama y’akanama k’umutekano ka ONU i New York yigaga ku karere k’ibiyaga bigari.

Yavuze ko urugomo rw’imitwe yitwaje intwaro “rutakwihanganirwa”, avuga ko Amerika isaba iyo mitwe “guhagarika ibitero byayo ku baturage b’intege nkeya cyane ba DRC”. Ati:” Turanasaba za Leta guhagarika ubufasha bwazo kuri iyi mitwe, harimo n’ubufasha bw’igisirikare cy’u Rwanda kuri M23″.

Amerika ivuga ko ibitero by’imitwe yitwaje intwaro, irimo nk’umutwe wiyita Leta ya kisilamu ishami ryawo ryo muri Congo, ISIS-DRC, CODECO na M23, bimaze kwica abaturage b’abasivile barenga 2,000 muri uyu mwaka.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5821 Posts

Politiki

4072 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga