• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Umuhanzi, umuririmbyi kizito Mihigo yaba agiye kongera gusubira imbere y’urukiko?

Umwanditsi
July 12, 2016

Nyuma y’igihe gishize akatiwe imyaka 10 y’igifungo kubera ibyaha yahamijwe, Kizito Mihigo ngo igihano yahawe yakijuririye mu rukiko rw’Ikirenga.

Kizito Mihigo, umuhanzi akaba n’umuririmbyi mu ndirimbo zanyuze benshi zirimo izatangaga ubutumwa bw’ amahoro n’isanamitima, izatangaga ubutumwa bujyanye no kwibuka hamaganwa Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 yajuririye urw’Ikirenga.

Kizito Mihigo, nyuma yo gukatirwa n’urukiko rukuru ngo yaje kwitabaza urw’ikirenga arajurira nubwo bitigeze bimenyekana. yajuririye igihano yahawe ngo arebe ko cyagabanywa cyangwa akarekurwa cyane ko ubwo yaburanaga yemeye icyaha ndetse agasaba imbabazi.

Umuvugizi w’ubushinjacyaha, Nkusi Faustin yemereye “Igihe” dukesha iyi nkuru ko Kizito Mihigo yajuriye. Yatangaje kandi ko bataramenya amataliki y’iburanisha ngo kuko urukiko arirwo ruzatangaza igihe urubanza ruzabera.

Umuvugizi w’ubushinjacyaha, Nkusi yatangaje kandi ko ngo ijurira ritakozwe na Kizito wenyine ko ahubwo n’abandi bareganywe mu rubanza bagahamwa n’ibyaha bajuriye mu rukiko rw’ikirenga. Abajuriye bakaba ari Cassien Ntamuhanga hamwe na Jean Paul Dukuzumuremyi.

Ubwo Kizito Mihigo yaburanaga mu rukiko, yahamijwe icyaha cyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, Icyaha cy’ubugambanyi bugamije kugirira nabi ubutegetsi buriho, icyaha cy’ubwoshye bwo kugirira nabi Perezida wa Repubulika ndetse n’icyaha cyo gukora umugambi w’icyaha cy’ubwicanyi. Yaregwaga kandi icyaha cyo gucura umugambi w’icyaha cy’iterabwoba ariko iki yakibayeho umwere.

Kizito Mihigo yafashwe mu mwaka wa 2014, ajyanwa mu rukiko araburana, arakatirwa, ubu amaze igihe kigera ku mwaka n’amezi atanu( Duhereye igihe yakatiwe) akatiwe gufungwa imyaka 10 n’urukiko rukuru. Mugihe kitaramenyekana kizatangazwa n’urukiko rw’ikirenga nibwo Kizito azagezwa imbere y’ubutabera akiregura k’ubujurire bwe.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga