• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Karongi: Umushoramari Mugambira Aphrodis yatawe muri yombi na Polisi

Umwanditsi
August 4, 2016

Mugambira Aphrodis, umushoramari akanaba nyiri Hotel Golf Eden Rock imwe muzikomeye mu karere ka Karongi yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ikorere muri aka karere.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu Taliki ya 3 Kanama 2016, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Karongi intara y’uburengerazuba, yataye muri yombi ndetse ifunga Mugambira Aphrodis, Umushoramari akaba na nyiri Hotel Golf Eden Rock.

Amakuru y’itabwa muri yombi rya Mugambira aphrodis, yemejwe na CIP Theobald Kanamugire umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’uburengerazuba.

CIP Kanamugire, aganira n’intyoza.com, yemeje ifatwa rya Mugambira Aphrodis. yatangarije intyoza.com ko uyu mugambira Aphrodis akurikiranyweho ibyaha birimo icyaha cyo Gushishikariza, koshya no kuyobya abantu ubajyana muburaya.

CIP Kanamugire, yabwiye kandi intyoza.com ko Mugambira akiri mu maboko ya Polisi aho barimo gukora iperereza ryimbitse ku byaha akurikiranyweho kugira ngo agezwe imbere y’ubutabera.

Mugambira Aphrodis, mu minsi mike ishize bamwe mu bakozi bamukoreraga bashyize hanze ukuri kw’ibikorwa bamuvugagaho ko yabategekaga ndetse ategeka bamwe mu bakobwa bamukorera muri Hotel kuryamana n’abakiriya uwanze ngo akirukanwa.

Umukozi umwe mu bahoze bakorera Mugambira, yandikiye akarere ka Karongi agasaba ko we na bagenzi be kabafasha kurenganurwa kuko bari birukanywe badahembwe aho mu ibaruwa ari naho yanagaragarije intandaro y’iyirukanwa ko yari ishingiye ku kwanga guherekeza abakiriya ba Hotel mu byumba no kuryamana nabo.

Umwe mu bakozi kandi bari batanzweho umugabo ( uwari Manager wa Hotel) ubwo yahamagarwa agatanga ubuhamya yemeza ko ibyo abakobwa bavuga byo guhatirwa kuryamana n’abakiriya aribyo, Mugambira yamujyanye mu rukiko arafungwa amurega gukora agatsiko ko kumusebya ariko birangira agizwe umwere none Mugambira niwe wamusimbuye kwinjira uburoko.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga