• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Rubavu: Perezida Paul Kagame yahuye na mugenziwe Joseph Kabila Kabange wa Kongo(DRC)

Umwanditsi
August 12, 2016

Abaperezida, uw’ u Rwanda paul Kagame na Joseph Kabila Kabange wa Kongo Kinshasa bongeye guhura babyishakiye nyuma y’imyaka igera kuri irindwi.

Kuri uyu wa gatanu Taliki ya 12 Kanama 2016, Perezida Joseph Kabila Kabange, yambutse umupaka mu nini uherereye mu karere ka Rubavu mu ntara y’uburengerazuba aho yaje muruzinduko rw’akazi guhura na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame.

Acyambuka umupaka uhuza u Rwanda na Kongo Kinshasa, Perezida Kabila yakiriwe k’uruhande rw’u Rwanda na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo, akimara kumwakira yamukomezanije muri Kivu Serena Hotel guhura na mugenziwe w’u Rwanda Paul Kagame.

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'u Rwanda Louise Mushikiwabo ari kumwe na Perezida Kabila
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo ari kumwe na Perezida Joseph Kabila.

Guhura kw’aba baperezida bombi, byaherukaga kuba mu myaka irindwi ishize kuko hari Taliki ya 6 Kanama 2009 ubwo bari bahuriye i Goma muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo. Perezida Kabila yageze Rubavu aturutse i Goma aho yaraye.

Nubwo aba bakuru b’ibihugu byombi, u Rwanda na Kongo Kinshasa baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi nkuko byatangajwe n’ibiro by’umukuru w’ u Rwanda, ntawakwirengagiza ko ibi bihugu bifite byinshi bibihuza birimo; ubuhahirane bw’abaturage babyo akenshi bambukiranya imipaka ibihuza, ikiyaga cya Kivu n’ibindi.

Ku rwego rw’umutekano, u Rwanda na Kongo bifite gushakira umuti ikibazo cy’imitwe yitwara gisirikare, yitwaza ibirwanisho, irimo na FDLR ibarizwa mu mashyamba ya kongo aho ihangayikishije ibihugu byombi n’Isi muri rusanjye ku bw’umutekano muke iteza.

Perezida Paul Kagame w'u Rwanda asuhuzanya na mugenzi we wa Kongo Kinshasha Joseph Kabila Kabange.
Perezida Paul Kagame w’u Rwanda asuhuzanya na mugenzi we wa Kongo Kinshasha Joseph Kabila Kabange.

Perezida Joseph Kabila Kabange, yaherukaga gukandagira kubutaka bw’u Rwanda ubwo yari yitabiriye inama y’umuryango wa Afurika yunze ubumwe (African Union Summit) yabereye i Kigali guhera taliki ya 10 kugera Taliki 18 Nyakanga 2016.

Aba bakuru b’ibihugu byombi baheruka kandi guhuriri mu gihugu cya Tchad ubwo bombi bari bitabiriye umuhango w’irahira ry’umukuru w’igihugu Idriss Deby Itno.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga