• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
16/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Kamonyi: Uwahoze ashinzwe inguzanyo muri SACCO ari mu maboko ya Polisi

Umwanditsi
November 17, 2016

Umukozi wahoze ashinzwe inguzanyo muri SACCO y’umurenge wa Kayenzi yatawe muri yombi na Polisi aho akurikiranyweho kunyereza akayabo k’amamiliyoni.

Amakuru agera ku kinyamakuru intyoza.com, ahamya ko umukozi wahoze ashinzwe inguzanyo (Agent de credit) muri SACCO y’umurenge wa Kayenzi yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ikorera muri uyu murenge aho akurikiranyweho inyerezwa ry’amamiriyoni y’amafaranga y’u Rwanda.

Nkuko umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’amajyepfo CIP Andre Hakizimana yabitangarije intyoza.com, uyu mukozi watawe muri yombi ngo yari yabanje guhagarikwa mu rwego rwo kugira ngo akorweho igenzura ndetse n’iperereza kubyo yakekwagaho.

CIP Hakizimana yagize ati:” Yari ashinzwe inguzanyo muri SACCO ya Kayenzi, yakekwagaho kunyereza umutungo w’abanyamuryango ari nayo mpamvu hari habanje gufatwa icyemezo cyo kumuhagarika, ubu rero hakozwe igenzura basanga hari ayo yanyereje”.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’amajyepfo, yakomeje atangariza intyoza.com ko nubwo uyu mukozi yatawe muri yombi hari ibindi bikinozwa bijyanye n’ipererza kugira ngo ashyikirizwe ubutabera bityo amategeko amukanire urumukwiye.

CIP Hakizimana, yabwiye kandi intyoza.com ko uyu mukozi afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi y’umurenge wa Kayenzi, mu gihe ngo yahamwa n’icyaha yahanishwa igifungo kuva ku myaka irindwi (7) kugeza ku myaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’umutungo warigishijwe cyangwa wononwe nk’uko biteganywa n’ingingo ya 325 y’igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ku kunyereza ibya rubanda.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga