• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abantu basaga 120 bahitanywe na Gariyamoshi mubuhinde

Umwanditsi
November 20, 2016

Impanuka ya gariyamoshi mu gihugu cy’ubuhinde yaguyemo abantu basaga 120 naho abandi basaga 150 bayikomerekeramo.

Kuri iki cyumweru tariki ya 20 Ugushyingo 2016 mu masaha ya mugitondo, mu majyaruguru y’igihugu cy’ubuhinde habereye impanuka ikomeye yahitanye ubuzima bw’abatari bake n’abandi barakomereka.

Impanuka ya Gariyamoshi yabaye, abantu 120 nibo bapfuye abandi barenga ijana na mirongo itanu barakomereka. Iyi mpanuka yabereye hafi y’umujyi wa Kanpur mu ntara ya Uttar Pradesh kuri iki cyumweru mu masaha ya mugitondo ubwo benshi mu bagenzi bari basinziriye.

Abashinzwe ubutabazi hamwe n’abandi bafasha k’ubushake bwabo bakomeje kugerageza kureba ko haba hari abandi bantu bahitanywe n’iyi mpanuka cyangwa se abo barokora dore ko ibice 14 by’iyi gariyamoshi byose byatandukanye.

Icyateye iyi mpanuka ndetse ibi bice byose uko ari 14 bya gariyamoshi bigatandukana, nkuko tubikesha Le monde.fr ngo ntabwo kiramenyekana ndetse ngo n’umubare w’abapfuye n’abakomeretse ushobora kwiyongera.

Abantu hafi miliyoni 23 mu buhinde ngo bakoresha inzira za gariyamoshi k’umunsi, nkuko kandi byatangajwe kurubuga twitter na Suresh Prabhu Minisitiri ufite mu nshingano ze iby’inzira za gariyamoshi, yatangaje ko iperereza rigiye gukorwa kugira ngo hamenyekane icyateje iyi mpanuka.

Igihugu cy’ubuhinde ni kimwe bihugu byo ku Isi bifite inzira za gariyamoshi nyinshi. Izi nzira cyangwa se imihanda yagenewe kunyurwamo na gariyamoshi ngo ntabwo ajya asanwa bityo bigatuma kenshi impanuka nk’izi zikunda kuba muri iki gihugu.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga