• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Dr Richard Sezibera niwe yatorewe gusimbura Nyakwigendera Senateri Mucyo

Umwanditsi
December 1, 2016

Dr Sezibera Richard wahoze ari Mimisitiri w’Ubuzi mu Rwanda akaza no kuba Umunyamabanga w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), niwe watorewe gusimbura Senateri Mucyo Jean de Dieu uherutse kwitaba Imana.

Amakuru aturuka muri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, arahamya ko Dr Sezibera Richard ariwe watorewe gusimbura Nyakwigendera Senateri Mucyo Jean de Dieu uherutse kwitaba Imana mu kwezi kwa cumi gushize.

Amatora asimbura Senateri Mucyo Jean de Dieu witabye Imana tariki ya 3 Ukwakira 2016, yabereye mu ntara y’amajyepfo. Aya matora yabaye kuri uyu wa kane taliki ya 1 ukuboza 2016 aho Dr Richard Sezibera yahigitse abo bari bahanganiye kuri uyu mwanya.

Dr Richard Sezibera, yinjiye mu nteko ishinga amategeko umutwe wa Sena ahagarariye intara y’amajyepfo.

Dr Richard Sezibera, amajwi y’agateganyo yatangajwe na Komisiyo y’igihugu y’amatora yagaragaje ko yatowe ku majwi 317 kuri 496 batoye neza. Uyashyize ku ijanisha, Dr Sezibera Richard yatowe ku majwi 63.9%.

Dr Richard Sezibera, muri aya matora yahatanaga na Dr Masabo Francois yagize amajwi 59 bingana na 11.9%hamwe Mukakarera Monique 73 angana na 14.7%. Mukamuganga Veneranda agira 28 angana 5.6% na Muhimakazi Félicité yagize 19 bingana na 3.8%. Dr Sezibera Richard yabaye Ambasaderi w’u Rwanda mu mahanga, yanabaye kandi Minisitiri w’ubuzima mu Rwanda ndetse nyuma yaho aza kuba Umunyamabanga w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga