• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Ishyamba si ryeru mu iyimikwa ry’Umwami usimbura Kigeli V Ndahindurwa

Umwanditsi
January 10, 2017

Abiru b’ubwami bw’u Rwanda nyuma y’aho batangarije ko umwami ugomba gusimbura Kigeli V Ndahindurwa ari Emmanuel Bushayija wahawe izina rya Yuhi VI, ingoma zishobora guhindura imirishyo ndetse hakimikwa undi.

Ingoma zishobora guhindura imirishyo igihe icyo aricyo cyose mu bijyanye n’iyimikwa ry’umwami ugomba gusimbura Kigeli V Ndahindurwa. Impande ebyiri zisa nk’izatangiye kutavuga rumwe ku iyimikwa ry’Umwami mushya wahawe izina rya Yuhi VI.

Emmanuel Bushayija ari nawe watangajwe n’abiru b’ubwami ndetse akanahabwa izina ry’ubwami rya Yuhi VI, ingoma zishobora guhindura imirishyo ndetse iby’iyimikwa rye bigahinduka isaha iyo ariyo yose kuko byatangiye kutavugwaho rumwe mu muryango w’Ibwami.

Uruhande rwa Boniface Benzinge, umujyanama akaba n’umuvugizi w’Umwami rwatangaje ko Emmanuel Bushayija mwene Theoneste Bushayija wavutse mu 1960 umwami Kigeli V Ndahindurwa yari abereye se wabo ko ariwe mwami mushya w’u Rwanda aho ndetse yahawe izina rya Yuhi VI nk’izina ry’Ubwami.

Ku rundi ruhande na none, Rukeba Claude Francois wari umujyanama wihariye w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa, yatangarije Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ko Umwami Kigeli mbere yo gutanga yari yaravuze uzamusimbura. Iby’uzamusimbura ngo ntibiragera igihe cyo gutangazwa kuko ngo azamenyekana umunsi Umwami azatabarizwa i Mwima ya Nyanza aho yimikiwe, ibi rero bikaba bitandukanye n’ibyamaze gukorwa n’abiru.

Mu minsi mike ishize, Rukeba Claude Francois yari yakomoje ku mwana bivugwa ko yabyawe na Kigeli V Ndahindurwa, uyu mwana nubwo benshi batamuzi ndetse akaba atanavugwa cyane, birahwihwiswa ko ashobora kuba ariwe zina Umwami yaba yaravuze ry’uzamusimbura nyamara ibye bikaba bigikomeje kugirwa ubwiru.

Avuga kuri uyu mwana utazwi na benshi ndetse utajya ukunda kuvugwaho, Rukeba yagize ati: ibyo byo kuvuga ko nta mwana yari afite, twe ku ruhande rwacu tuzi ko hari umwana yari afite, ntabwo twanavuga aho ari ariko arahari”. Aya magambo nubwo Rukeba ateruye ngo avuge ko umwami hari icyo yasize avuze ku kuba uyu mwana ariwe wazamusimbura, benshi bayabonyemo nk’ayaca amarenga y’ibishobora kuba.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga