• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abacungagereza barahugurwa na Polisi ku kwirinda no kurwanya inkongi z’umuriro

Umwanditsi
January 20, 2017

Abacungagereza 50 bo mu magereza 14 yo mu gihugu, kuri uyu wa kane tariki ya 19 Mutarama 2017, batangiye amahugurwa y’iminsi 2, agendanye no gukumira no kurwanya inkongi z’umuriro, aba nabo bakaba bazahugura bagenzi babo, akaba ari kubera mu nzu mberabyombi ya Gereza ya Kigali izwi nka “1930”.

Atangiza aya mahugurwa ku mugaragaro, umuyobozi w’urwego rw’igihugu rw’imfungwa n’abagororwa Brigadier General George Rwigamba, yashimye ubufatanye buri hagati y’urwego ayoboye na Polisi y’u Rwanda, avuga n’ingamba rufite mu gukumira no kurwanya inkongi z’umuriro.

Yavuze ati:”Turashimira ubufatanye buri hagati y’urwego rw’igihugu rw’imfungwa n’abagororwa (RCS) na Polisi y’u Rwanda, kuba bemeye kuza kuduhugura ni ikibugaragaza, aya mahugurwa akaba azadufasha mu kwirinda impanuka ziterwa n’inkongi z’umuriro”.

Yavuze kandi ati:”Nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye Gereza ya Kigali mu mpera z’umwaka ushize, twateguye aya mahugurwa ngo abayahabwa nabo bazahugure abandi, basobanukirwe igitera inkongi z’umuriro, uko bazirinda zitaraba n’uko bazirwanya zibaye”.

Yakomeje avuga ati:”Dufite ingamba nyinshi zo kwirinda inkongi z’umuriro, muri zo ni uko ubu gereza nshya ziri kubakwa mu gihugu, ahacungirwa uko umuriro ungana naho insinga zigize inyubako za gereza zihurira, bizajya bishyirwa kandi bigakorerwa hanze, aho gushyirwa imbere mu nyubako nk’uko byari bisanzwe”.Yasabye abayitabiriye kuyakurikirana neza, ubumenyi bazakuramo bakazabugeza kuri bagenzi babo.

Yasoje avuga ko nyuma yo guhugura abacungagereza, abagororwa nabo bazakorerwa ubukangurambaga ku gukumira no kwirinda inkongi z’umuriro.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya inkongi z’umuriro no gutabara abari mu kaga, Assistant Commissioner of Police (ACP) Jean Baptiste Seminega, yavuze ko amahugurwa bazatanga arimo ibice 2, aribyo gukumira no kwirinda inkongi z’umuriro no kuzirwanya igihe zabaye.

Yaboneyeho umwanya wo gusaba abanyarwanda kwirinda inkongi, birinda kubika ibikomoka kuri Peteroli mu nzu zabo, kutajya kure ya buji n’itadowa no kubizimya mbere yo kuryama.

Yasabye kandi buri wese kugura ibikoresho by’ibanze byo kuzimya inkongi (Kizimyamwoto), utarabona ubushobozi agashyira umucanga wumye n’igitiyo hafi, akabikoresha igihe hari inkongi ibaye, ariko yabanje gukupa amashanyarazi kandi akihutira guhungisha ibikoresho bitarafatwa n’umuriro.

Abari muri aya mahugurwa bakaba bazahugurwa ku bishobora guteza inkongi, ibice bigize inkongi z’umuriro, uko barwanya inkongi igihe zabaye, ingaruka zazo, uko inyubako zaba zimeze hagamijwe kuzirinda inkongi, ibikoresho bigomba gushyirwa mu nyubako rusange ngo hirindwe inkongi, uko bakoresha kizimyamwoto n’andi masomo.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga