• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Ingabo z’Igihugu ibyo dukorera abaturage tugira aho tuvoma-Col. Baguma

Umwanditsi
June 24, 2017

Mu gikorwa cy’umuganda rusange usoza ukwezi kwa Kamena 2017 ingabo z’u Rwanda zafatanijemo n’abaturage aho zirimo kugeza amazi meza ku baturage b’umurenge wa Rugarika muri gahunda y’icyumweru cy’Ingabo (Army week), Koloneri Baguma yabwiye abaturage ko ibikorwa byiza babona ingabo z’igihugu zibakorera zifite isoko yabyo.

Col. Baguma, umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda mu turere twa Kamonyi, Muhanga, Ruhango na Nyanza ubwo yakoranaga umuganda n’abaturage b’umurenge wa Rugarika akagari ka Kigese mu kubaha amazi meza mu cyumweru cy’Ingabo (Army week) yabwiye abaturage ko ibikorwa ingabo z’u Rwanda zikorera abaturage zifite aho zivoma zibibagezaho.

Abayobozi n’abaturage batunganya ahafatirwa amazi.

Col. Baguma aganira n’abaturage nyuma y’igikorwa cy’umuganda yagize ati:” Iki gikorwa buriya kugikora, Ingabo z’Igihugu tugira aho tuvoma, tuvoma k’Umugaba w’Ikirenga, kuri Nyakubahwa Perezida wa Repubulika. Hari ijambo dushingiraho twebwe buri gihe, turi mu rugamba rwo kubohoza igihugu yigeze kutubwira ijambo, aratubwira ngo; Igisirikare cyacu nicyo kizaba Fondasiyo y’impinduka n’iterambere ry’Igihugu cyacu.”

Umutekenisiye arimo gushaka aho bafatira amazi ku itiyo nini.

Yakomeje agira ati:” Twebwe, ikintu duha agaciro cyambere gikomeye ni Umunyarwanda, kuba abayeho kandi abayeho neza. Ibyo rero tubishingiraho tugakora ibikorwa, Ntabwo kubohoza igihugu bijya birangira, nubu turimo kwibohoza mu buryo bwo kugira ngo twigeze kuri ibi bikorwa by’iterambere, buri wese uko muri hano yabigizemo uruhare muburyo bumwe cyangwa ubundi.”

Aha bari bamaze gufatiraho amazi agomba koherezwa mu muyoboro ujyana mubaturage Rugarika.

Col. Baguma, yabwiye abaturage ko nubwo urugamba rw’amasasu rwarangiye ariko ko urugamba rwo kubohoza igihugu kigana mu gushaka iterambere ry’umuturage rwo rukomeje, ko rero uwanga kuza k’umuganda gufatanya n’abandi ari mu bigwari bidashaka ko igihugu kibohoza.

Ingabo n’abaturage bashyiraga amatiyo mu muyoboro wayo.

Yasabye abagiye kubona amazi kuyabyaza umusaruro, bakagira isuku, bakayakoresha mu turima tw’igikoni bagasarura imboga bakarya bakanagemurira isoko bakaba abakire bakanayakoresha mubindi biyakeneye bibateza imbere. Yabijeje ko bitarenze tariki 30 Kamena 2017 bazaba batangiye kuvoma aya mazi.

Uwamahoro Prisca, umuyobozi w’akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe imibereho myiza yashimye cyane igikorwa ingabo z’u Rwanda zirimo gukorera abaturage zibaha amazi meza kimwe n’ibindi bikorwa bitandukanye zibakorera bituma biteza imbere aho birushaho guhindura ubuzima bwabo bukaba bwiza, yavuze kandi ko uruhare rw’abaturage mu gufasha Ingabo n’ishyaka bafite byerekana ko bafite kurinda ibi bikorwa kugira ngo hatagira ikibihungabanya.

Nyuma y’umuganda, Ingabo abaturage n’abayobozi bacinye akadiho.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga