• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi-Kayenzi: Kwitabira Umugoroba w’Ababyeyi kw’Abagabo kwazanye impinduka

Umwanditsi
October 16, 2017

Umugoroba w’Ababyeyi ni umwanya ugamije kuganirirwamo ingingo zitandukanye ku  bibazo bireba umuryango hagamijwe kubaka umuryango ufite icyerekezo cyiza, ni umwanya ureba umuryango wose, abagabo bamwe bari barawuhariye abagore. Impinduka zagaragaye kuri iki cyumweru ubwo abagabo ku mubare munini bitabiriye umugoroba  w’ababyeyi bakaniyemeza kugaragaza impinduka zizana ibyiza mu muryango.

Imyumvire ku bagabo batari bacye ku mugoroba w’ababyeyi bagiye baganira n’intyoza.com bagaragaje ko yari ku kigero cyo hasi mu kwitabira umugoroba w’Ababyeyi, bavuga ko bumvaga ari umwanya ahanini wahariwe abagore kurusha uko abagabo bawitabira.

Umwe mu bagabo waganiriye n’intyoza.com ku bitekerezo ahuriyeho n’abatari bake muri bagenzibe yagize ati” Ntabwo twahaga agaciro umugoroba w’ababyeyi, twawuhariraga abagore, twumvaga ko ibiganiro biwuberamo n’ibindi bikorwa akenshi ari umwihariko w’abagore twe bitatureba, gusa nyuma y’ibiganiro tubonye ndetse n’ibyo dusanze biwukorerwamo twisanze twarasigaye inyuma kubera imyumvire, nitwe tugomba kuwukomeza binyuze mu guhindura imyumvire.”

Mu bice bitandukanye, mu midugudu 25 igize umurenge wa Kayenzi byagaragaye ko kuri iki cyumweru tariki 15 Ukwakira 2017 abagabo ku bwinshi bitabiriye Umugoroba w’Ababyeyi, abawugezemo ubwambere bahamya ko bari baracikanywe, ko umwanya bahariraga akabari cyangwa ibindi byabafataga bitari ngombwa bagiye kuwuha Umugoroba w’ababyeyi kuko ngo ibiwukorerwamo bireba umuryango, bikaba ngo bisaba uruhare rwabo mu kuwubaka.

Uretse kuba benshi mu bagabo bitabiriye umugoroba w’ababyeyi muri uyu murenge, Iyi yari na gahunda mu gihugu cyose yo guha imbaraga umugoroba w’Ababyeyi, aho abayobozi batari bacye hirya no hino bagiye mu midugudu itandukanye kuganira n’abaturage. Bakoze ubukangurambaga bugamije kuwuha ingufu, haganiriwe ku ngingo zitandukanye zigize umugoroba w’ababyeyi. Zimwe muri izi ngingo ni; Isuku, kurwanya amakimbirane mu ngo, kurwanya inda z’indaro(zitateganijwe) ku bangavu n’ibindi.

Inzego zitandukanye mu murenge n’Akarere zaganiriye n’Abaturage.

Muri uyu murenge wa Kayenzi, bamwe mu bakozi b’akarere barimo n’ushinzwe inama y’Igihugu y’abagore baganiriye n’abaturage, bibukiranya umumaro n’agaciro kari mu mugoroba w’Ababyeyi. Abagabo bahagurutse bahamije ko bagiye guhindura imyumvire, bagaha umwanya n’agaciro Umugoroba w’Ababyeyi ndetse bakanakora ubukangurambaga muri bagenzi babo ndetse no muri rusanjye umuryango ukitabira Umugoroba w’Ababyeyi kandi bakagira uruhare rugaragara mu mpinduka zo kuzana ibyiza bigamije iterambere ry’Umuryango.

Mandera Innocent, umuyobozi w’Umurenge wa Kayenzi yatangarije intyoza.com ko nubwo ku rwego rw’Igihugu byari biteguwe ko umugoroba w’ababyeyi abantu bawitabira ndetse hari n’ingingo zigomba kuganirwaho, atangaza ko nk’ubuyobozi bw’Umurenge bugiye kurushaho gufatanya n’abaturage guha imbaraga umugoroba w’Ababyeyi, barushaho gukora ubukangurambaga ariko kandi ngo bakomereza ku bwitabire babonye bwagaragaye cyane ku bagabo kuko aribo akenshi barangwaga no kutawitabira, no kutawuha agaciro.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga