• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kigali igomba kuba umujyi urangwa n’isuku kandi utekanye-IGP Gasana

Umwanditsi
November 1, 2017

Mu gutangiza icyumweru cyahariwe Isuku n’umutekano mu mujyi wa Kigali, mu ijambo umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yagejeje ku bitabiriye iki gikorwa aho bari bateraniye ku muhima hafi n’ibitaro, yashimangiye ko igikorwa cyatangijwe kigamije kugira Kigali umujyi utekanye kandi umujyi urangwa n’isuku.

IGP Emmanuel K.Gasana, mu ijambo yagejeje ku bantu batandukanye bitabiriye igikorwa cy’itangizwa ry’icyumweru cyahariwe Isuku n’umutekano mu mujyi wa Kigali, yashimangiye ko umujyi wa Kigali ugomba kuba umujyi w’Isuku kandi utekanye.

Abapolisi batwaye ibikoresho bifashishije mu muganda.

IGP Gasana, yagize ati ” Kigali igomba kuba umujyi urangwa n’Isuku kandi utekanye, iyo niyo nshingano yacu, nicyo tugamije kandi tugomba kukigeraho.” Yakomeje yibutsa kandi ko iki gikorwa kigamije ubukangurambaga n’ubufatanye buganisha ku guca umwanda mu mujyi ariko kandi no kwibutsa ubufatanye bw’abaturage na Polisi mu gukumira ibyaha. Yabwiye kandi abitabiriye uyu muganda bose ko iki ari igikorwa cy’iterambere ku gihugu.

Yagize ati ” Udafite umutekano, iyo ufite umwanda, ubwo no mu mutwe ntabwo biba bitunganye. Ibyo rero iyo ubifite bimeze neza n’ubundi iterambere ririhuta kandi tuba turi mu nzira y’ubuyobozi bwiza, mwese mwitoreye, twemera, twubaha, turangajwe imbere n’umukuru w’Igihugu cyacu, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.”

Abaturage na Polisi bafatanya gusibura Ruhurura yazibye kubera imyanda.

IGP Emmanuel K. Gasana, yashimiye ubufatanye buri hagati y’inzego z’umutekano, ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali, mu rugamba rugamije kugira Kigali umujyi ucyeye, uhora ku isonga kandi mwiza kurushaho. Yasezeranije umujyi wa Kigali ubufatanye buhoraho ndetse ababwira ko mu minsi iri imbere hari ibihembo Polisi iteganije ku murenge uzaba uwambere nkuko yagiye ibikora mu bihe bishize kuva hashyirwa umukono ku masezerano y’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali.

Abayobozi batandukanye barimo n’umuyobozi w’Umujyi wa Kigali.

Icyumweru cy’isuku n’umutekano cyatangijwe kuri uyu wa kabiri tariki ya 31 Ukwakira 2017 kizageza kuri uyu wa gatanu tariki 3 Ugushyingo 2017. Harakorwa ibikorwa bitandukanye ku isuku n’umutekano, ni igikorwa kandi kizakomeza mu mezi abiri, hatangwa ibiganiro, ubukangurambaga n’inyigisho ku isuku n’umutekano hirya no hino mu bice bigize umujyi wa Kigali. Iki gikorwa cyitabiriwe n’ umuyobozi w’umujyi wa Kigali, abakozi, inzego z’umutekano zitandukanye bose bafatanije n’abaturage mu gikorwa cy’umuganda wakozwe mu bice bitandukanye by’umurenge wa Muhima na Kimisagara.

Nyuma y’umuganda baciye akadiho, hatitawe ku iranka rya buri wese, abaturage hamwe n’inzego z’umutekano.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Biratuye says:
    November 3, 2017 at 8:29 am

    Dushimira cyane polisi y’u Rwanda ibikorwa byiza by’iterambere igaragaramo ifatanije n’abaturage, ibi bitumu twisanzura tukaganira, natwe abaturage bigatuma tubiyumvamo. Mukomeze kuba ku isonga muduhe umutekano ntakinanira abishyize hamwe ,gufatanya namwe n’ishema kuri twe.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga