• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Nyabugogo: Abagabo babiri batawe muri yombi na Polisi, bakurikiranyweho ubujura

Umwanditsi
February 7, 2018

Abagabo babiri barafunzwe nyuma yo gufatanwa  ibikoresho by’ikoranabuhanga birimo amaterefoni y’ubwoko bunyuranye  na tereviziyo. Ibi bikoresho byibwe mu midugudu ya bwiza na Nyabugogo mu murenge wa Kimisagara mu karere ka Nyarugenge.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali Senior Superintendent of Police (SSP) Emmanuel Hitayezu yavuze ko abagabo babiri aribo Ntwarumukiza Fils w’imyaka 23 y’amavuko na Rukundo Mustafa w’imyaka 28 y’amavuko bafashwe tariki 5 Gashyantare 2018 nyuma y’igikorwa cya Polisi y’u Rwanda yakoze cyo guta muri yombi abakora ibikorwa by’ubujura mu Mujyi wa Kigali. Ubu bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Kimisagara.

SSP Hitayezu yagize ati:” twari twaragejejweho ibirego ndetse n’amakuru ko hari ibintu byibwe muri kariya gace; tuza kumenya abakekwaho ubwo bujura hanyuma dufata abavuzwe hejuru n’ibikoresho bibye. Ibimenyetso byose bigaragaza uruhare rwabo muri ubu bujura twarabyegeranyije ku buryo tugomba kubishyikiriza inzego z’ubutabera kugira ngo zibakurikirane”.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali yakomeje avuga ko ubujura ndetse n’ibindi byaha; Polisi y’u Rwanda yahagurukiye kubirwanya ifatanyije n’abaturage n’izindi nzego. Yasabye abaturage gukomeza imikoranire myiza na Polisi y’u Rwanda cyane cyane bayigezaho amakuru hakiri kare kuko ari nabyo byatumye bariya bajura bafatwa.

SSP Hitayezu, Yasabye by’umwihariko abaturage kujya barinda neza ibikoresho byabo ndetse bagakinga inzu zabo; ariko cyane cyane abatwara ibinyabiziga abasaba kujya bafunga neza imodoka zabo, no kwirinda gusigamo amaterefone n’ibindi kuko bikurura aba bajura bigatuma kwiba biborohera.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga