• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Kamwe mu tubari tuzwi i Runda kafungiwe igikoni kazira umwanda n’inyama zitujuje ubuziranenge

Umwanditsi
February 27, 2018

Inyama zifashishwa mu gutunganya Zingaro zabaye intandaro yo gufungwa kw’Igikoni cy’akabari k’ahazwi nko kuri Etage ku Ruyenzi(La Luz de la Luna). Ubwo ikipe y’ubuyobozi bw’Umurenge yasuraga aka kabari n’igikoni, hasanzwe umwanda n’inyama zitujuje ubuziranenge hafatwa icyemezo gifunga igikoni.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Runda ubarizwamo akabari k’ahazwi nko kuri Etage ( La Luz de la Lina), bushinja aka kabari umwanda wanatumye gacibwa amande y’ibihumbi cumi, mu gihe igikoni cyafunzwe kikanacibwa amande y’ibihumbi 50 y’u Rwanda kizira inyama zahasanzwe zitagira ibyangombwa byerekana ubuziranenge bwazo.

Umutesi, wabwiye intyoza.com ku murongo wa terefone ko ariwe nyiri akabari kuko yahamagwawe kuri nomero ziri ku cyapa cy’aka kabari, ntahakana ko inyama zahasanzwe koko zitagiraga ibyangombwa, gusa ngo nawe yatunguwe no kubona izo nyama ariko agashinja umukozi bohereje kuzigura kuba nyirabayazana.

Yagize ati ” Inyama bavuze nyine ngo ntabwo zemewe reka bazimene. Uwagiye kuzizana nta cyemezo cy’uko zapimwe yazanye, ni mushya ntabwo yari abisobanukiwe. Nanjye ntabwo nari nageze mu gikoni, twabirebye biradutangaza, iyo tubibona mbere ntabwo twari kwemera ko abikoresha.”

Icyapa cy’akabari k’ahazwi nko kuri Etage ku Ruyenzi.

Mwizerwa Rafiki, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda yabwiye intyoza.com ati ” Mu igenzura turimo ry’ahahurira abantu benshi, twasanze mu gikoni cyaho hari umwanda ariko hari n’inyama zidapimye, izo abantu bakunda kwita zingaro, twifashishije umuvuzi w’amatungo w’umurenge twafashe umwanzuro wo gutaba izo nyama kuko nta cyemezo cy’ubuzima bwazo twari tubonye, tubaca amande y’ibihumbi 50 dufunga n’icyocyezo ku gira ngo tuzabagire inama hanyuma bage banakurikiza amabwiriza cyane cyane nk’aba b’ibiribwa kuko bashobora guteza ibibazo byinshi mu buzima bw’abaturage.”

Dore zimwe mu nyama zabonywe uko zari zimeze.

Igikorwa cy’ubugenzuzi bw’isuku cyane ahahurira abantu benshi cyatangijwe n’Umurenge wa Runda kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Gashyantare 2018 kigamije ahanini kwimakaza umuco w’isuku, guhwitura abantu babigendamo gahoro cyangwa se abo usanga barimakaje umwanda. Ni igikorwa kizakomeza nkuko Gitifu Mwizerwa yabitangaje, ufatiwe mu kutubahiriza ibisabwa mu isuku acibwa amande ari hagati y’ibihumbi 10 n’ibihumbi 50 by’amafaranga y’u Rwanda.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga