• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
26/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
26/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
26/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu
26/10/25
Ibiceri 200 gusa byamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni na magana atatu muri FORTEBET

Abantu 125 bakekwaho iterabwoba muri Siriya bafatiwe mu nkambi ya Al-Hol

Umwanditsi
April 3, 2021

Ingabo zishyigikiwe na Leta zunze ubumwe z’Amerika muri Siriya y’amajyaruguru ashyira uburasirazuba, zirishimira ibyo zimaze kugeraho mu guhashya ibikorwa by’abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa leta ya cy’ Isilamu mu gace karangwamo inkambi nini yabavanywe mu byabo muri icyo gihugu. Gusa baravuga ko ikibazo kitararangira.

Abategetsi b’umutwe w’ingabo zishyize hamwe n’abashinzwe umutekano muri ako karere batangaje iherezo ry’icyo bise ‘icyiciro cyambere cyo kubumbatira amahoro mu nkambi y’abakuwe mu byabo ya al-Hol’. Iyo nkambi igizwe n’amahema acumbikiye abantu bagera ku 62,000 yabaye isoko n’ indiri y’ibikorwa bya leta ya cy’Isilamu.

Ibi bikorwa byakozwe n’abasirikare 5,000 basaka ihema ku rindi, byatumye hafatwa abantu 125 bakekwaho kuba abarwanyi b’umutwe wa leta ya cy’isilamu. Abategetsi bavuze ko abantu 20 mu batawe muri yombi ari abakuru b’amaselire bayoboye ibikorwa byo kwicira abantu ku mugaragaro byakunze kwibasira al-Hol kuva uyu mwaka utangiye.

Umuvugizi w’ingabo zishinzwe umutekano muri ako gace, Ali al-Hassan, ejo kuwa gatanu nkuko VOA ibitangza, yatangaje ko abenshi mu barwanyi ba leta ya cy’Isilamu bihisha muri iyo nkambi nk’abasivili, bagamije kwisuganya no gutegura ibikorwa byabo. Gusa Ali al-Hassn yatangaje ko ibikorwa bya leta ya cy’Isilamu muri iyi nkambi bitarangiye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5897 Posts

Politiki

4148 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

149 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga