• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO
21/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha
21/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo
21/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro cyane ko nta wundi bafite ubibakorera-Guverineri Kayitesi

Abantu 46 baguye mu mirwano yahuje ingabo za Kongo Kinshasa n’inyeshyamba

Umwanditsi
February 4, 2019

Mu gice cya Kivu y’amajyaruguru y’uburasirazuba bwa Kongo Kinshasa, abantu 46 nibo babarurwa ko baguye mu mirwano yahuje ingabo za kongo Kinshasa n’inyeshyamba z’aba Mai Mai mu mprera z’icyumweru cya tariki 3 Gashyantare 2019.

Ingabo za kongo Kinshasa kuri iki cyumweru tariki 3 Gashyantare 2019 zatangaje ko mu gace ka Butembo-Beni na Masisi ho m’uburasirazuba bwa kongo habaye imirwano mu mpera z’icyumweru dushoje ikagwamo abantu 46 b’aba Mai-Mai, barimo kandi n’abasirikare batatu barimo umusirikare mukuru umwe.

Ingabo za Kongo Kinshasa, zatangaje ko mu cyerecyezo cya Butembo na Beni, zashenye ibirindiro bibiri by’izi nyeshyamba biri ahitwa Kalingati na Pakuba. Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga ko aha haguye inyeshyamba zigera kuri 30 z’aba Mai-Mai nk’uko Major Mak Hazukay yabitangaje.

Mu gice cya Masisi ahitwa Bashali Mokoto, abagera muri 5 barishwe mu gihe abandi bagera muri 7 bakomeretse mu mirwano yahuje inyeshyamba za NDC-Renove za Guidon na APCLS za Janvier Kalahiri.

Mu gice kandi cya Ituri, mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’iki gihugu, inyeshyamba zigera kuri 11 zahasize ubuzima. Iyi mibare yose y’abapfuye uyiteranije ingana n’abantu 46 baguye mu mirwano mu gihe cya week end gusa.

Igice cy’uburasirazuba bw’igihugu cya Kongo Kinshasa ni hamwe mu hahangayikishije abantu batandukanye by’umwihariko imiryango mpuzamahanga ihakorera aho ikibazo cy’umutekano muke uterwa ahanini n’imitwe yitwaje intwaro ihaboneka gikomeje kuba ingorabahizi.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5985 Posts

Politiki

4232 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1058 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga