• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
26/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
26/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
26/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu
26/10/25
Ibiceri 200 gusa byamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni na magana atatu muri FORTEBET

Abanyarwandakazi bari mu nteko ishinga amategeko bitoreye umuyobozi

Umwanditsi
March 20, 2016

Depite Mutesi Anita niwe watorewe kuyobora ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu nteko ishingamategeko y’u Rwanda (FFRP), asimbuye kuri uyu mwanya Depite Nyirarukundo Ignatienne.

Gutorwa kwa Depite Mutesi Anita, kwabereye mu nama yari igamije gutora komite nyobozi nshya kuri uyu wa Gatanu mu Karere ka Bugesera, abandi bashyizwe muri komite nshya ni Jeanne Henriette Mukabikino watorewe kuba Umuyobozi w’ihuriro wungirije, Senateri Consolée Uwimana atorerwa kuba umunyamabanga.

Nyuma yo gutorerwa kuyobora iri huriro ry’abanyarwandakazi bari mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, Depite Mutesi Anitha yavuze ko mubyo bazibandaho birimo gukora ubuvugizi bibanda mu kubaka ubushobozi bw’abagore mu nzego zose.

Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu nteko ishingamategeko y’u Rwanda (FFRP), ngo rimaze gukora byinshi mu guteza imbere uburinganire, aho ngo bigaragara ko abagore batinyutse bakaba bari mu nzego zitandukanye z’ubuyobozi ndetse no mu nzego zifata ibyemezo.

Depite Anitha, avuga ko nk’ihuriro ry’abanyarwandakazi bari mu nteko ishinga amategeko, bazakomeza kwibanda ku gukorera ubuvugizi abagore kugira ngo bitabire kwihangira imirimo bagamije kwiteza imbere.

Ihame ry’uburinganire hamwe no kubakirwa ubushobozi ku bagore ntabwo ngo byagerwaho bikozwe n’abagore gusa, aha ni naho Perezidante w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda umutwe w’Abadepite Donathile Mukabalisa yahereye asaba abagore bari mu Nteko gufatanya n’abagabo.

Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu Inteko Ishinga Amategeko y’u rwanda, ryashyizweho mu mwaka wa 1996, rifite abanyamuryango 91 b’abagore n’abagabo, abagore ni 62 naho abagabo bakaba29.

 

Intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5897 Posts

Politiki

4148 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

149 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga