• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
15/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Abanyeshuri b’abanyafurika baraburirwa kutajya mu buhinde

Umwanditsi
May 26, 2016

Mu kwirinda ihohoterwa iryo ariryo ryose rigirirwa abanyafurika, abahagarariye ibihugu bya afurika mu buhinde basabye ko kohereza yo abanyeshuri byaba bihagaritswe.

Nyuma y’uko umunyeshuri w’umukongomani yiciwe mubuhinde atewe amabuye n’abahinde, abahagarariye ibihugu byabo muri iki gihugu, basabye ibihugu bahagarariye byo ku mugabane wa Afurika kuba baretse kugira umunyeshuri bohereza muri iki gihugu mu gihe umutekano wabo babona ukiri ikibazo.

Iri tsinda ry’abahagarariye ibihugu byabo mubuhinde, ryahise rifata icyemezo cyo kutitabira ibirori ubuhinde bwateguye ku iserukiramuco ndetse basaba ko byigizwa yo.

Umunyekongo Kitada Oliver Masunda, yicishijwe amabuye n’itsinda ry’abantu b’abahinde kuwa gatanu ushize Taliki ya 20 Gicurasi 2016 bamuziza ngo guterana amagambo nabo.

Uretse aba badipolomate, abanyeshuri bari muri iki gihugu cy’ubuhinde nabo bagiye mu myigaragambyo yo kwamagana ihohoterwa bagirirwa rishingiye kuruhu.

Ambasaderi w’Igihugu cya Erithréa mu Buhinde, Alem Woldemariam yatangaje ko abagize itsinda ry’abahagarariye ibihugu byabo mu buhinde baturuka muri afurika, ngo basabye ko gahunda y’ibirori yigizwayo, ko batiteze kubyitabira.

Uyu mudipolomate, yanavuze ko basabye ibihugu bahagarariye kutohereza abanyeshuri mubuhinde mu gihe batarizezwa umutekano.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ubuhinde, Sushma Swaraj, yatangaje ko ubuhinde bwiyemeje ko umutekano w’abanyeshuri b’abanyafurika bagiye kuwurunda.

Mu myaka ibiri ishize, abanyeshuri bagera muri bane barimo umutanzaniya, umurundi n’umunyarwanda hamwe n’uyu munyekongo bagiriwe ihohoterwa ndetse rigeza ku kwicwa kuri bamwe.

 

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga