Abataribani bateye utwatsi ibivugwa ko bacumbikiye Al-Qaida

Abatalibani muri Afuganistani bamaganiye kure icyo bise amagambo atagira ishingiro ya Leta zunze ubumwe za Amerika, aho ivuga ko ifite amakenga ko al-Qaida, cyangwa imitwe iyikomokaho, ifite ibirindiro muri icyo gihugu.

Umuvugizi w’abatalibani, Zabihullah Mujahid yabivugiye i Kabul, nyuma y’iminsi umutwe w’iterabwoba, ISIS-K, wigambye ko ari wo wakoze ibitero bya bombe ku barwanyi b’abatalibani mu ntara ya Nangarhar.

Ibi bivuzwe na Mujahid, nkuko VOA ibitangaza bikurikiye igabisha/iburira ry’iperereza rya Amerika ryavuze ko al-Qaida hamwe n’imitwe ishamikiye ku mutwe w’iterabwoba wa Leta ya kiyisilamu bari mu nzira bagana muri Afuganistani. Iryo perereza ryavuze kandi ko bagiye bisunga abatalibani bamaze ibyumweru bitanu bafashe ubutegetsi.

Umuvugizi w’Abatalibani yaneguye/yanenze ayo mabombe yatewe na ISIS-K i Nangarhar. Yavuze ko umutwe avugira wiyemeje guhagarika ubwo bwicanyi kandi umutwe wa ISIS-K utari intambamyi ku mutekano. Yavuze ko ibi bitero byabaye ibya nyuma kandi nta bindi uzasubira kugaba mu bihe biri imbere.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →