• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Abayobozi b’imitwe ya Polisi ishinzwe kugarura amahoro basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Umwanditsi
May 24, 2019

Abayobozi 19 b’imitwe itandukanye ya Polisi ishinzwe kubungabunga no kugarura amahoro, kuri iki gicamunsi cyo kuwa 23 Gicurasi 2019 bunamiye abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 bashyinguye mu rwibutso rwa Kigali ku Gisozi.

Ni muri gahunda y’umwiherero w’iminsi itatu (3) aba bayobozi barimo gukorera i Kigali aho barimo gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’intego y’ubutumwa bwa LONI bugamije kubungabunga amahoro n’umutekano hirya no hino ku Isi hagamijwe kunoza imikoranire hagati y’imitwe bayoboye.

Aba bapolisi bakuru bagaragarijwe uko Jenoside yakorewe abatutsi yateguwe kugeza ishyizwe mu bikorwa, aho bazengurukijwe urwibutso basobanurirwa amateka yaranze u Rwanda mbere ya Jenoside na nyuma yayo.

Umujyanama wa Polisi y’Umuryango w’Abibumbye Luis Carrilho ari nawe uyoboye aba bapolisi bakuru, yavuze ko ibyabaye mu Rwanda bibabaje bityo ko inzego z’umutekano zikwiye kurwanya no gukumira icyateza Jenoside n’ibisa nayo.

Yagize ati “Ishusho mvanye aha nk’umujyanama mu by’umutekano imbereye isomo nzasangiza abandi duhuje inshingano zo gucunga umutekano. Polisi y’u Rwanda yo yabifasheho isomo ryo kubungabunga ituze mu baturage kuko abayigize bagezweho n’ingaruka zo kubura amahoro mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi.”

Yakomeje agira ati “Ibyabaye mu Rwanda byabera Isi yose ugero rwo kwigirwaho kurwanya icyahutaza ubuzima bwa muntu. Bivuze ko buri wese aramutse amenye ibikorwa bibi byaranze Jenoside yakorewe abatutsi yabyigiraho kurinda amahoro nk’uko abapolisi b’u Rwanda babidufashamo mu bikorwa bya Loni bigamije kubungabunga amahoro.”

Luis Carrilho yashishikarije Isi ko kurwanya ikibi bihera ku kumenya ingaruka zacyo, bityo ko utarasobanurirwa ububi bwa Jenoside akwiye gusura ahari inzibutso n’ibimenyetso byayo kugira ngo babihereho bafata ingamba zirebana no gukaza amahoro n’umutekano hirya no hino ku Isi.

Aba bayobozi, bashyize indabo ahashyinguye imibiri y’abatutsi ibihumbi 259 mu rwibutso rwa Kigali ku Gisozi, aho bashimangiye ko nk’abashinzwe umutekano batakwemera ko ibintu nk’ibi byabaye mu Rwanda byongera kugira ahandi biba.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga