• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Al – Shabab nayo ubwayo yiyiciye bamwe muriyo

Umwanditsi
June 12, 2016

Abagize umutwe w’iterabwoba wa Al – Shabab, batangaje ko bishe babiri muri bo kubwo gukemangwa.

Mu gihe umutwe w’iterabwoba wa Al – Shabab usanzwe wigamba ibikorwa runaka wakoze byo kwica cyangwa gushimuta abantu, ubu noneho urigamba kwica babiri mubarwanyi bawo.

Uyu mutwe w’iterabwoba wa Al – Shabab, utangaza ko muri Somaliya wishe abarwanyi bawo babiri, abishwe ngo bazize kutizerwa hamwe no kunyuranya n’ibikorwa by’Idini ya Isilamu.

Abishwe bose uko ari babiri, nkuko tubikesha ijwi rya Amerika, uyu mutwe w’iterabwoba utangaza ko bawinjijwemo ubakuye mu gihugu cya Kenya.

Aba barwanyi b’uyu mutwe b’abanyakenya, ubwo bicwaga ku munsi wa gatanu, ntabwo bishwe bonyine ahubwo bicanywe n’umunyasomariya umwe mu ntara ya Juba.

Uretse kandi muri iyi ntara ya Juba, Al – Shabab, ivuga ko yishe abandi bagabo bane mu ntara ya bey. Al – Shabab, ivuga ko aba bagabo bazize gutanga amakuru kuri Leta ya Somaliya, Kenya hamwe n’inzego z’ubutasi za America.

Umwe muri aba bagabo bane nkuko Al – Shabab ibivuga, ashinjwa kugira uruhare rw’igitero cy’indege itagira umudereva (Drone) y’abanyamerika aho iki gitero cyabaye mu mwaka wa 2014 ngo kigahitana umuyobozi wa Al – Shabab witwa Ahmed Abdi Godane.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga