• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
05/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
05/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
05/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi

Amakimbirane mu miryango ni kimwe mu bibazo byugarije umuryango nyarwanda

Umwanditsi
November 3, 2020

Ibi bituma inzego zinyuranye, zaba iza Leta n’iz’imiryango ya sosiyete sivile zihaguruka, ngo zirebe uko byarangizwa. Hagenda hashyirwaho ingamba na politiki zinyuranye zafasha abaturage gusohoka muri ibyo bibazo, hagamijwe ko umuturage akora kandi akiteza imbere.

Imwe mu ngamba zashyizweho harimo kwifashisha ba mutima w’urugo mu gukemura amakimbirane yugarije umuryango nyarwanda binyuze mu mahugurwa bahabwa. Ba mutima w’urugo bahawe amahugurwa mu karere ka Musanze n’umuryango utegamiye kuri leta Sevota bavuga ko bikwiye ko umuryango ugira ubwumvikane kugirango utekane.

Aba ba mutima w’urugo bavuga ko amakimbirane yo mu ngo ari imwe mu nzira isubiza inyuma iterambere ry’umuryango, ibi kandi bishimangirwa n’umukozi w’akarere ka Musanze ushinzwe uburinganire n’iterambere ry’umuryango Gasoromanteja Sulvania wasabye ba mutima w’urugo bahuguwe kuba urugero rwiza kubabakomokaho kuko ariyo nzira y’iterambere.

Ingabire Assoumpta, Umukozi w’umuryango utegamiye kuri leta Sevota, asaba ba mutima w’urugo gufata iyambere kugira uruhare mu biganiro bagirana nabo bashakanye kandi bakiga kubatega amatwi kuko ari bimwe mu bihosha amakimbirane mu muryango.

Mu mwaka wa 2013, Inama y’Igihugu y’abagore yahinduye imikorere y’akagoroba k’abagore, ahubwo gahabwa izina ry’Umugoroba w’ababyeyi, uhuza ababyeyi bose, ni ukuvuga abagabo n’abagore.

Amakimbirane mu miryango agaragara mu bice bitatu, harimo ayo hagati y’ababyeyi bombi, hagati y’ababyeyi n’abana no hagati y’abana ubwabo. By’umwihariko amakimbirane hagati y’abana n’ababyeyi no hagati y’abana, ababyeyi ngo bayagiramo uruhare.

Ubushashatsi bwakorewe mu turere 11 tw’igihugu, bugaragaza ko mu bindi byagaragaye nk’ibikunze guteza amakimbirane mu miryango, harimo no kuba bamwe mu bashakanye basigaye baheranwa n’akazi, ku buryo kuzuza inshingano z’ibanze z’urugo binanirana.

Venuste Habineza/Intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5906 Posts

Politiki

4157 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1028 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga