• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/10/25
Kamonyi-Rugalika: Gitifu Nkurunziza yagarutse ku gaciro no gukomera k’Umugore, abaha umukoro
17/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
17/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
17/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye

Amasaha yanyuma ya Perezida Trump, yababariye benshi barimo Lil Wayne wagombaga gukatirwa

Umwanditsi
January 20, 2021

Perezida Donald Trump mu masaha ye ya nyuma ku butegetsi yahaye imbabazi anoroshya ibihano ku bantu barimo umuraperi Lil Wayne wemeye cyaha cyo kwitwaza imbunda kandi abibujijwe.

Umwaka ushize, Lil Wayne yagarutsweho mu binyamakuru ubwo yabonetse ari kumwe na Trump yaje gushima politiki ye ku birabura. Yababariwe mu gihe haburaga iminsi micye ngo akatirwe.

Lil Wayne yagombaga gukatirwa tariki 28 z’uku kwezi kwa Mutarama 2021 nyuma y’uko mu kwezi gushize yemeye icyaha cyo kwitwaza intwaro mu gihe yari yarabibujijwe n’urukiko kubera gukoresha imbunda ibyaha mbere.

Wayne w’imyaka 38, izina rye nyaryo ni Dwayne Michael Carter Jr, mu 2019 Polisi yamufatanye imbunda n’amasasu mu ndege ye bwite i Miami muri Florida.

Polisi yemeje ko imbunda ya pistol ifunikishije zahabu n’amasasu, byafatiwe mu gikapu cye ari ibye. We yavugaga ko iyo mbunda ari impano yari yahawe ku munsi mpuzamahanga w’ababyeyi b’abagabo.

Polisi yanamufatanye kandi ibiyobyabwenge bitandukanye, n’amadorari $25,000 muri cash. Muri uku kwezi Lil Wayne yari gukatirwa, aho yashoboraga gufungwa imyaka 10.

Donald Trump kandi nkuko BBC ibitangaza, yababariye uwahoze ari umujyanama we Steve Bannon, uregwa ibyaha byo kwigwizaho imari mu buryo butemewe. Urutonde rw’abantu bababariwe rwatangajwe n’ibiro bye White House, ruriho abantu barenga 140 barimo 73 bahawe imbabazi na 73 yorohereje ibihano.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5892 Posts

Politiki

4143 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga