• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/05/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi abagabo bane bakekwaho ubujura
19/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Minisitiri Dr. Bizimana yibukije abahakana n’Abapfobya Jenoside ko ukuri kw’aya mateka kutazacecekwa 
19/05/26
Kamonyi-EPR/Compassion: Imiryango 15 itishoboye yahinduriwe imibereho igabirwa Inka
19/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Abantu nka Mukangango nti bazongera kubona umwanya n’ijambo muri iki gihugu cyacu-Visi Meya Uzziel

Bizeye kwambuka nyabarongo ibyiringiro bigenda bareba

Umwanditsi
May 9, 2016

Nyuma yo kuzura kwa nyabarongo kuri uyu wambere Taliki ya 9 Gicurasi 2016, icyizere cyo kwambuka cyabonekeye bamwe abandi bararana agahinda.

Kuva murukerera rw’uyu wambere Taliki ya 9 Gicurasi 2016, umugezi wa nyabarongo wuzuye urenga inkombe hirya gato y’uruganda rwa ruriba umaze kwambuka ikiraro ugana Kamonyi.

Nkuko ikinyamakuru intyoza.com cyakomeje kubikurikirana, kugeza mu masaha ya saa kumi n’ebyiri n’iminota makumyabiri nibwo haje itegeko ko imodoka zari zatangiye kwambuka zihagarikwa ndetse abari biteguye kwambuka bose bagasubizwa yo.

Amakuru agera ku kinyamakuru intyoza.com ni uko ku gice cyo hakurya ya nyabarongo kuri Ruliba muri Kigali, ngo umuyobozi mukuru wa polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K Gasana yasabye ko kwambuka bihagarikwa ndetse agasaba ko ntawe ugomba kugeregeza kongera kwambuka.

Iki cyemezo cyaje mu gihe bamwe mubaturage, abagenzi bari bamaze kugira ibyiringiro ko bagiye kwambuka nyamara ibyiringiro byabo byabaye iby’agahe gato uretse ko bamwe bari bambutse.

Imodoka yapfiriye mu mazi igiye kwambuka, nyuma ikurwamo.
Imodoka yapfiriye mu mazi igiye kwambuka, nyuma ikurwamo.

Amakuru akekwa ko yaba ariyo yabaye intandaro y’uko Polisi ifata icyemezo cyo guhagarika kwambuka, nuko mu gihe hatangwaga uburenganzira bagerageza kureba ko kwambuka bishoboka hari imodoka yagize ikibazo rwagati mu mazi igapfiramo ndetse hakaba na bamwe mu banyamaguru bari batangiye kwambuka n’amaguru.

Kugeza aya masaha ya saa tatu hafi saa yine z’ijoro, abantu baracyari kumihanda bategereje ababacumbikira bababura bakaharara, abandi babonye ababacumbikira, abandi bari ku murenge wa Runda.

Besnhi bari bicaye Kamuhanda impande ya Nyabarongo bategereje ko ikama ngo bambuke.
Benshi bari bicaye Kamuhanda impande ya Nyabarongo bategereje ko ikama ngo bambuke.

Abagenzi bose biriwe impande y’igishanga cya Nyabarongo ahitwa kamuhanda muri Runda bafite ibyiringiro ko bashobora kwambuka, ariko birangiye badashoboye kwambuka batanafite icyizere ko mugitondo bashobora kwambuka kuko batazi uko buracya bimeze.

Uretse aba bagenzi bari baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu, abatuye n’abari baraye mu karere ka Kamonyi n’ahandi bakorera mubice bya Kigali n’ahandi, abasabwaga kwambuka Nyabarongo ntawabashije kwambuka mubageze kuri nyabarongo nyuma ya saa kumi nimwe za mugitondo uretse agahe gato kabonetse kumugoroba nabwo kuri bake.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

 

 

 

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5967 Posts

Politiki

4215 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1052 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga