• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
14/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
14/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
14/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Burera: Abaturage bibukijwe kugira uruhare mu kwicungira umutekano

Umwanditsi
March 13, 2019

Umuturage w’u Rwanda agomba kugira umutekano usesuye mubyo akora n’aho akorera ndetse n’aho atuye. Ni ku bw’iyo mpamvu, Polisi ikorera mu Karere ka Burera mu Murenge wa Bungwe mu rugari twa Mudugali na Bungwe yibukije abaturage baho kuba abambere mu kwicungira umutekano.

Ibi byatangajwe na Polisi ikorera mu karere ka Burera kuri uyu wa 10 Werurwe 2019, mu nama yakoranye n’abaturage batuye mu tugari twa Bungwe na Mudugali mu murenge wa Bungwe basaga 1500, aho bibukijwe kuba aba mbere mugucunga umutekano wabo.

Iyi nama yayobowe n’umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Chief Inspector of Police Alexis Rugigana arikumwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bungwe Jean de la Paix Manirafasha.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bungwe Jean de la Paix Manirafasha yasabye abaturage gukaza amarondo y’umwuga no gutangira amakuru kugihe y’ikintu cyose cyaza kigamije guhungabanya umutekano kuko aribyo bizabafasha kuwugeraho.

Yagize ati:” Ntabwo umutekano ari uw’inzego ziwushinzwe gusa, ni uwa buri wese mu kuwuharanira no kuwubungabunga, niyo mpamvu dushishikariza abaturage kujya batangira amafaranga ku gihe y’abakora irondo ry’umwuga.”

Yanasabye abaturage gukorera ibikorwa byabo mu Rwanda birinda kujya mu gihugu cy’abaturanyi kuko byagiye bigaragara ko abagiyeyo bahohoterwa.

Chief Inspector of Police Alexis Rugigana yavuze ko bateguye iyi nama kugira ngo bakangurire abaturage kugira uruhare mu kwicungira umutekano batangira amakuru ku gihe kugira ngo hakumirwe ibyaha bitaraba.

Yagize ati:” Umutekano niwo shingiro rya byose, ni ngombwa ko tuwucunga twirinda ikintu icyaricyo cyose cyashaka kuwuhungabanya kuko ahari umutekano buri kimwe cyose gikorwa neza.  Abaturage rero murasabwa gufatanya n’inzego ziwushinzwe kugira ngo tubashe kuwurinda neza dutangira amakuru ku gihe. “

CIP Rugigana akomeza asaba abaturage kuguma gukaza amarondo birinda umuntu wese washaka guhungabanya umutekano wabo bakanirinda kwishora mu bucukuzi butemewe bukunze kugaragara muri ako gace kuko bigira ingaruka nyinshi zirimo n’abahatakariza ubuzima.

Yagize ati: “ Muri kano gace harimo ikirombe cy’amabuye y’agaciro giteza umutekano mucye kandi bishobora gushyira ubuzima bw’abantu mu kaga kuko hari abitwikira ijoro  bakajya kuhacukura; iyo witwikiriye ijoro ukinjira mu kirombe gishobora kukugwaho ntihagire ubimenya kuko wagiyeyo ntawe ubizi murumvako n’ubutabazi bugorana kububona, murasabwa kubyirinda.”

CIP Rugigana asoza asaba abaturage baturiye umupaka kwirinda kuwambuka nta ruhushya bahawe n’inzego zibishinzwe kugira ngo birinde ingaruka zababaho kandi akanabibutsa ko gutangira amakuru ku gihe bifasha inzego z’umutekano gukumira ibyaha bitaraba bityo ko bajya bihutira kuyatanga.

Nyuma y’inama abaturage bahize kuguma gukaza amarondo birinda umuntu wese washaka kubahungabanyiriza umutekano no kujya batangira amakuru ku gihe.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga